Perezida Kagame yavuze ko abanyamakuru bamaze iminsi bandika inkuru ziharabika u Rwanda bakabaye barashoye amafaranga yabo mu bindi kuko u Rwanda ruzakomeza gutera imbere badahari.
Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA),cyagarutse ku ngingo nyinshi.
Yagize ati: Ati “Maze iminsi mbona itsinda ry’abanyamakuru bubuye intwaro ngo baturwanye ariko bari gutakaza umwanya wabo. Bakabaye barakoresheje ayo mafaranga n’ingufu zabo mu bindi. U Rwanda rurahari, ruri gutera imbere buri mwaka badahari.”
Ibi yabigarutseho nyuma y’uko hari abanyamakuru 50 bibumbiye mu ihuriro ‘Forbidden Stories’ bakomoka mu bihugu birenga 10, zatangiye gusohoka mu binyamakuru mpuzamahanga 17 kuva mu kwezi gushize.
Perezida Kagame yanavuze ko umugabane wa Afurika ukwiye gukorera hamwe kugira ngo utere imbere.
Ati: “Nidukomeza gucikamo ibice ndetse tukanahora mu makimbirane, tuzisanga aho abifuza ko Afurika idatera imbere bifuza ko tuba. Politiki yonyine ni yo ikenewe ngo abantu bashyire hamwe”.
Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…
Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…
Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…
Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo Rwigara cyasomwe mu…
Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…
Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…