Perezida Kagame yavuze ko abanyamakuru bamaze iminsi bandika inkuru ziharabika u Rwanda bakabaye barashoye amafaranga yabo mu bindi kuko u Rwanda ruzakomeza gutera imbere badahari.
Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA),cyagarutse ku ngingo nyinshi.
Yagize ati: Ati “Maze iminsi mbona itsinda ry’abanyamakuru bubuye intwaro ngo baturwanye ariko bari gutakaza umwanya wabo. Bakabaye barakoresheje ayo mafaranga n’ingufu zabo mu bindi. U Rwanda rurahari, ruri gutera imbere buri mwaka badahari.”
Ibi yabigarutseho nyuma y’uko hari abanyamakuru 50 bibumbiye mu ihuriro ‘Forbidden Stories’ bakomoka mu bihugu birenga 10, zatangiye gusohoka mu binyamakuru mpuzamahanga 17 kuva mu kwezi gushize.
Perezida Kagame yanavuze ko umugabane wa Afurika ukwiye gukorera hamwe kugira ngo utere imbere.
Ati: “Nidukomeza gucikamo ibice ndetse tukanahora mu makimbirane, tuzisanga aho abifuza ko Afurika idatera imbere bifuza ko tuba. Politiki yonyine ni yo ikenewe ngo abantu bashyire hamwe”.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…