POLITIKE

Perezida Kagame yavuze ku itsinda ry’abanyamakuru bishyize hamwe bifuza guharabika u Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko abanyamakuru bamaze iminsi bandika inkuru ziharabika u Rwanda bakabaye barashoye amafaranga yabo mu bindi kuko u Rwanda ruzakomeza gutera imbere badahari.

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA),cyagarutse ku ngingo nyinshi.

Yagize ati: Ati “Maze iminsi mbona itsinda ry’abanyamakuru bubuye intwaro ngo baturwanye ariko bari gutakaza umwanya wabo. Bakabaye barakoresheje ayo mafaranga n’ingufu zabo mu bindi. U Rwanda rurahari, ruri gutera imbere buri mwaka badahari.”

Ibi yabigarutseho nyuma y’uko hari abanyamakuru 50 bibumbiye mu ihuriro ‘Forbidden Stories’ bakomoka mu bihugu birenga 10, zatangiye gusohoka mu binyamakuru mpuzamahanga 17 kuva mu kwezi gushize.

Perezida Kagame yanavuze ko umugabane wa Afurika ukwiye gukorera hamwe kugira ngo utere imbere.

Ati: “Nidukomeza gucikamo ibice ndetse tukanahora mu makimbirane, tuzisanga aho abifuza ko Afurika idatera imbere bifuza ko tuba. Politiki yonyine ni yo ikenewe ngo abantu bashyire hamwe”.

Christian

Recent Posts

Perezida Kagame yahishuye icyatumye yubaka inzu mu Bugesera

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…

46 mins ago

Rutahizamu wa Rayon Sports y’Abagore yerekeje muri Portugal

Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…

2 hours ago

Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije bavuzweho kuroga ikipe ya Kiyovu Sports barekuwe

Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…

2 hours ago

Ubujurire ku mitungo yo kwa Rwigara bwateshejwe agaciro

Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo  Rwigara cyasomwe mu…

6 hours ago

Rayon Sports yaguze myugariro wabaye mwiza muri Senegal

Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…

1 day ago

Ubwongereza: Ishyaka ‘Labour Party’ ryarwanyije gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ryatsinze amatora

Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…

1 day ago