Perezida Kagame yavuze ko abanyamakuru bamaze iminsi bandika inkuru ziharabika u Rwanda bakabaye barashoye amafaranga yabo mu bindi kuko u Rwanda ruzakomeza gutera imbere badahari.
Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA),cyagarutse ku ngingo nyinshi.
Yagize ati: Ati “Maze iminsi mbona itsinda ry’abanyamakuru bubuye intwaro ngo baturwanye ariko bari gutakaza umwanya wabo. Bakabaye barakoresheje ayo mafaranga n’ingufu zabo mu bindi. U Rwanda rurahari, ruri gutera imbere buri mwaka badahari.”
Ibi yabigarutseho nyuma y’uko hari abanyamakuru 50 bibumbiye mu ihuriro ‘Forbidden Stories’ bakomoka mu bihugu birenga 10, zatangiye gusohoka mu binyamakuru mpuzamahanga 17 kuva mu kwezi gushize.
Perezida Kagame yanavuze ko umugabane wa Afurika ukwiye gukorera hamwe kugira ngo utere imbere.
Ati: “Nidukomeza gucikamo ibice ndetse tukanahora mu makimbirane, tuzisanga aho abifuza ko Afurika idatera imbere bifuza ko tuba. Politiki yonyine ni yo ikenewe ngo abantu bashyire hamwe”.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…
José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…