RWANDA

Uko inyabarasanya yatabaye Perezida Kagame biturutse ku kiganiro yumvaga kuri Radio

Perezida Kagame yagaragaje ko akiri umwana hari ikiganiro yajyaga akurikira kuri Radio Rwanda akiri impunzi muri Uganda. Ikiganiro cyitwa “Ese wari Uzi ko” cyamutabaye yakomeretse kuko yakoresheje ubuvuzi yigiye muri iki kiganiro.

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Television y’Igihugu aho yagaragaje ko ururimi rw’ikinyarwanda rubumbatiye umuco nyarwanda kandi ko rurimo ubumenyi bukenewe mu buzima bwa buri munsi.

Muri icyo kiganiro Perezida Kagame yavuze ko yumvaga akiri umwana kuri Radio Rwanda yemeje ko ari hamwe mu ho yigiye ikinyarwanda avuga uyu munsi. Uretse kuba mu rugo ababyeyi barakimutoje ngo yanacyumvaga cyane kuri Radio Rwanda.

Perezida Kagame yagaragaje ko umuti wo komora igikomere yigishijwe n’ikiganiro “Ese wari uziko?” wamutabaye mu buhungiro aho atari hafi y’amavuriro. Ati “Narakomeretse muri 1983, narakomeretse nibuka ko numvise muri prorogramu ya “Ese wari uziko”, mfata Inyabarasanya ndahonda nshyira ho nta na Bandages zari ziri ho icyo gihe nshyira ho ikirere. Ni uko nakize.”

Perezida Kagame yongeye gukebura abafite ururimi rw’ikinyarwanda mu nshingano. Abasaba gushyira ho imbaraga mu kugira ngo ururimi rw’ikinyarwanda rusigasirwe. Ndetse ashimangira ko umuco w’igihugu ugira uruhare rukomeye mu iterambere ryacyo.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago