RWANDA

Uko inyabarasanya yatabaye Perezida Kagame biturutse ku kiganiro yumvaga kuri Radio

Perezida Kagame yagaragaje ko akiri umwana hari ikiganiro yajyaga akurikira kuri Radio Rwanda akiri impunzi muri Uganda. Ikiganiro cyitwa “Ese wari Uzi ko” cyamutabaye yakomeretse kuko yakoresheje ubuvuzi yigiye muri iki kiganiro.

Advertisements

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Television y’Igihugu aho yagaragaje ko ururimi rw’ikinyarwanda rubumbatiye umuco nyarwanda kandi ko rurimo ubumenyi bukenewe mu buzima bwa buri munsi.

Muri icyo kiganiro Perezida Kagame yavuze ko yumvaga akiri umwana kuri Radio Rwanda yemeje ko ari hamwe mu ho yigiye ikinyarwanda avuga uyu munsi. Uretse kuba mu rugo ababyeyi barakimutoje ngo yanacyumvaga cyane kuri Radio Rwanda.

Perezida Kagame yagaragaje ko umuti wo komora igikomere yigishijwe n’ikiganiro “Ese wari uziko?” wamutabaye mu buhungiro aho atari hafi y’amavuriro. Ati “Narakomeretse muri 1983, narakomeretse nibuka ko numvise muri prorogramu ya “Ese wari uziko”, mfata Inyabarasanya ndahonda nshyira ho nta na Bandages zari ziri ho icyo gihe nshyira ho ikirere. Ni uko nakize.”

Perezida Kagame yongeye gukebura abafite ururimi rw’ikinyarwanda mu nshingano. Abasaba gushyira ho imbaraga mu kugira ngo ururimi rw’ikinyarwanda rusigasirwe. Ndetse ashimangira ko umuco w’igihugu ugira uruhare rukomeye mu iterambere ryacyo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago