IMIKINO

Umutoza Jullien Mette nyuma yo gutandukana na Rayon Sports yageneye ubutumwa abakunzi bayo

Umutoza wa rayon Sports Jullien Mette yasezeye ku bafana bayo nyuma yo kutumvikana n’ubuyobozi ku mukino wo kuwa Gatandatu wa gicuti na APR FC wari wiswe ’Umuhuro mu Mahoro’.

Advertisements

Abicishije ku rubuga rwe rwa instagram, umutoza Julien Mette yaciye amarenga yo gutandukana burundu n’ikipe ya Rayon Sports, nubwo iyi kipe ntacyo iratangaza.

Ku wa gatandatu hari ibyo atumvikanyeho n’ubuyobozi kuko yasabye ko inama y’ikipe yabera kuri stade kuko yari arwaye,abwirwa ko yareka gutoza akabanza yivuza, birangira atemerewe gutoza uyu mukino bakinnye na APR FC bakanganya 0-0.

Mette wari usoje amasezerano ye, abicishije ku mbuga nkoranyambaga ze, yashimiye abafana b’iyi kipe avuga ko yishimira ibihe bagiranye mu bihe bigoye, anifuriza iyi kipe ibyiza aho yizeye ko azongera guhuza na yo.

Ubutumwa bwihariye Mette yashyize hanze asezera ku bakunzi ba Rayon Sports bugira buti: “Mwarakoze cyane kumpa ikaze ryiza cyane n’icyubahiro abafana bazaga kundeba babaga bamfitiye. Igihugu cyiza, umujyi mwiza wa Kigali, yari amezi atanu akomeye kuri njye.

Gushyuha mu mutwe kwari kwinshi cyane kuri njye bijyanye n’ibihe ikipe yari irimo ubwo nayigeragamo. Nakoze ibyo nari nshoboye ntari kumwe n’abanyungirije nta n’uburyo buhari bwo kugura abakinnyi bashya buhari. Ariko…ndi Gikundiro. Tuzongere.”

Uyu mutoza yaje Rayon Sports iri gutakaza abakinnyi beza bayo, arahanyanyaza birangira soje shampiyona ku mwanya wa kabiri,ndetse ayigeza muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago