RWANDA

Hamenyekanye impamvu Omborenga Fitina atarasinyira Rayon Sports imushaka

Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI dukesha iyi nkuru, Omborenga Fitina yemeje ko yaganiriye na Rayon Sports ndetse bumvikanye igisigaye ari uko afata umwanzuro.

Advertisements

Myugariro Ombolenga Fitina yatangaje ko ibiganiro yagiranye na Rayon Sports byarangiye bumvikanye ariko we yahisemo kubanza kubitekerezaho neza agafata umwanzuro nyuma.

Ati “Rayon Sports kumvikana twarumvikanye neza nta kibazo, tugira n’ibyo twemeranywa nta kibazo, ariko hari ibyo ngitegereje nk’uko nabikubwiye, hari ibyo nkiri kurebaho, ndashaka gufata icyemezo rero vuba aha bitewe n’ibyo mbona imbere yanjye.”

Yakomeje avuga ko kudasinyira Rayon Sports atari amakosa ya yo ahubwo ari we ukirimo kubyigaho neza ariko vuba azafata umwanzuro.

Ati “Kuba ntarasinyiye Rayon Sports si ikibazo cy’abayobozi ba yo cyangwa iki, ni ikibazo cyanjye kuko abayobozi ba Rayon Sports bo twaraganiriye ibintu byose bigenda neza ku murongo uko twabyumvikanye ariko ikibazo ninjye nk’uko nabikubwiye ko ntegereje kugira ngo mbanze ndebe ese kugenda birashoboka cyangwa ndebe niba naguma hano nkafata icyemezo.”

Amakuru avuga ko impamvu Omborenga Fitina adasinyira ikipe iyo ari yo yose hano mu Rwanda ari uko hari amakipe yo hanze y’u Rwanda bakirimo kuvugana, azafata umwanzuro nyuma yo kumenya uko bihagaze.

Amakuru aturuka mu bantu ba hafi be ni uko we yamaze gufata umwanzuro, mu gihe cyose yaguma muri shampiyona y’u Rwanda azakinira Rayon Sports kereka habayeho izindi mpamvu zitunguranye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago