IMIKINO

Hasohotse ingengabihe ya Premier League 2024/2025, Manchester United izabimburira izindi muri shampiyona

Hamaze gutangazwa ingengabihe ya shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza (Premier League) ya 2024/25, izatangizwa na Manchester United izaba yakiriye Fulham kuwa 16 Kanama 2024.

Advertisements

Ni mugihe Manchester City yatwaye igikombe giheruka izatangirira kwa Chelsea tariki ya 18 Kanama mu gihe Arsenal Fc yabaye iya kabiri, izakira Wolves tariki ya 17 Kanama.

Umwaka w’imikino mushya muri Premier League uzarangira ku wa 25 Gicurasi 2025.

Kuri uyu wa 18 Kamena nibwo abategura iyi shampiyona ikunzwe kurusha izindi ku isi bashyize hanze ingengabihe aho ikipe ya Arsenal mu mikino itanu ya mbere izaba ifitemo Man City na Tottenham.

Ikipe ya Man City yongeye kugira ingengabihe nziza kuko kuwa 05 Mata aribwo izakina umukino wa nyuma n’ikipe yo mu makipe atandatu ya mbere.

Bivuze ko nyuma y’iyo tariki nta mukeba wayo izahura nawe, azaba ari amakipe asanzwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago