IMIKINO

Rayon Sports yasabye abakunzi bayo kwikoramo bakareba ko bakwegukana Kapiteni wayo

Ikipe ya Rayon Sports yatangije ubukangurambaga bwo kugura Muhire Kevin, aho bavuga ko bakeneye Frw miliyoni 40 yo kugura uyu musore ukunda iyi kipe cyane.

Advertisements

Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yagize iti: “Ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports bwihaye intego yo kwigurira umukinnyi mu gikorwa ngarukamwaka “UBURURU BWACU AGACIRO KACU”.

Kevin MUHIRE (Umwana w’ikipe) niwe bifuza.

Gahunda ni ugukusanya 40 000 000 Frw.

Uyu musanzu unyuzwa kuri MoMo Code ya Rayon Sports 008000 (ku bari mu Rwanda) na +250 786 859 195 (Ku bari hanze).”

Rayon Sports iri gushaka abandi bakinnyi bo kuyifasha kwiyubaka barimo Fitina Ombolenga, Ishimwe Christian, Niyonzima Olivier Seif n’abandi.

Abakunzi ba Rayon, umwaka ushize bari bakusanyije miliyoni 25 Frw zo kugura Umugande Ojera Joackiam.

Muhire Kevin aheruka gutangaza ko ikipe ikwiriye gushaka abakinnyi bakomeye by’umwihariko mu gice cy’ubusatirizi, mu gihe ubuyobozi bwa Rayon Sports bwari bwatangaje ko niba abafana bifuza abakinnyi bakomeye na bo bakwiriye kubigiramo uruhare kuko isoko ryabo rihenze kandi abakeba b’iyi kipe bo bakaba bafite aho bakura amafaranga.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago