Ikipe ya Rayon Sports yatangije ubukangurambaga bwo kugura Muhire Kevin, aho bavuga ko bakeneye Frw miliyoni 40 yo kugura uyu musore ukunda iyi kipe cyane.
Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yagize iti: “Ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports bwihaye intego yo kwigurira umukinnyi mu gikorwa ngarukamwaka “UBURURU BWACU AGACIRO KACU”.
Kevin MUHIRE (Umwana w’ikipe) niwe bifuza.
Gahunda ni ugukusanya 40 000 000 Frw.
Uyu musanzu unyuzwa kuri MoMo Code ya Rayon Sports 008000 (ku bari mu Rwanda) na +250 786 859 195 (Ku bari hanze).”
Rayon Sports iri gushaka abandi bakinnyi bo kuyifasha kwiyubaka barimo Fitina Ombolenga, Ishimwe Christian, Niyonzima Olivier Seif n’abandi.
Abakunzi ba Rayon, umwaka ushize bari bakusanyije miliyoni 25 Frw zo kugura Umugande Ojera Joackiam.
Muhire Kevin aheruka gutangaza ko ikipe ikwiriye gushaka abakinnyi bakomeye by’umwihariko mu gice cy’ubusatirizi, mu gihe ubuyobozi bwa Rayon Sports bwari bwatangaje ko niba abafana bifuza abakinnyi bakomeye na bo bakwiriye kubigiramo uruhare kuko isoko ryabo rihenze kandi abakeba b’iyi kipe bo bakaba bafite aho bakura amafaranga.
Ahoyikuye Jean Paul wari myugariro w’ibumoso muri AS Kigali waruzwi ku izina rya Mukonya, yapfuye…
Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…
Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…
Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…
Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo Rwigara cyasomwe mu…
Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…