IMIKINO

APR Fc yasezereye bamwe mu bakinnyi bayo yongerera abandi amasezerano

Ikipe ya APR FC yongereye amasezerano y’imyaka ibiri ba myugariro igenderaho Niyigena Clement na Nshimiyimana Yunusu abandi bagera kuri bane irabasezerera.

Ibi iyi kipe yabitangaje ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga aho yabanje gushimira abakinnyi bane ivuga ko basoje amasezerano y’akazi inabifuriza amahirwe masa hanyuma itangaza aba babiri yagumanye.

Yagize iti “Ubuyobozi bwa APR FC burashimira cyane Ishimwe Christian, Fitina Omborenga, Rwabuhihi Placide na Bizimana Yannick basoje Amasezerano y’akazi. Mwarakoze cyane ku bihe byiza twagiranye ndetse tunabifuriza amahirwe masa mu kiragano gishya.”

Binyuze kuri izi mbuga nkoranyambaga kandi APR FC yahise itangaza ko yishimiye kongerera amasezerano myugariro wo hagati Niyigena Clement wari usoje amasezerano y’imyaka ibiri kuva yayigeramo mu mpeshyi ya 2022 na Nshimiyimana Yunusu bakinana mu bwugarizi.

APR FC iri kwitegura Super Cup izabahuza na Police FC ndetse na CAF Champions League 2024/2024.

Shampiyona izatangira nk’uko byemejwe tariki ya 16-18/8/2024.

FERWAFA Super Cup 2024 izakinwa tariki ya 11/8/2024, umukino uzahuza APR FC na Police FC.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago