INKURU ZIDASANZWE

‘Dufashwa na Perezida Kagame na Museveni gukuraho Tshisekedi twabikora mu gihe gito’-M23

Bertrand Bushinwa, usanzwe ari Umuyobozi w’umutwe wa M23, yavuze ko Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni babaye babafasha nk’uko Leta ya RDC n’abayishyigikiye babivuga, ubutegetsi bw’i Kinshasa bwakurwaho mu mezi abiri gusa.

Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, uyu muyobozi w’uyu mutwe yavuze ko ibyo impuguke za UN ziheruka gutangaza ko Uganda ibafasha ari ibinyoma byiyongera ku bivugwa ku Rwanda.

Yagize ati: “Perezida Museveni abaye ari kumwe na M23, kimwe na Perezida Kagame, muzi aho bageze ubwo bari kumwe na AFDL mu 1997? Muratekereza ko mu karere hari ingabo zahangana n’igisirikare cy’ibi bihugu bibiri? Ese mutekereza ko tuba tukiri aho turi ubu? Babaye bari kumwe natwe, Tshisekedi mu mezi abiri yaba yavuye ku butegetsi. Kubera ko urugendo rwo kujya i Kinshasa ntirwadutwara n’amezi abiri.”

Bisimwa yunzemo ko ubutegetsi bwa RDC bushaka kwereka abanye-Congo ko ibihugu by’abaturanyi ari abanzi babo, ariko ko ibi byose bubikora bugamije guhisha intege nke zabwo zatumye bunanirwa kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu no kukigeza ku iterambere.

Ibi bihugu byombi byihakanye gufasha umutwe wa M23 ndetse nawo uvuga ko nta n’urushinga bihabwa ko ahubwo intwaro ufite uzambura FARDC.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

12 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

13 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

13 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago