IMIKINO

Rayon Sports y’Abagore yatandukanye n’abakinnyi barimo abayihesheje ibikombe

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kamena, ikipe ya Rayon Sports y’Abagore yatangaje ko yamaze gutandukana n’abakinnyi bagera ku munani bashoje amasezerano nyuma yo kuyifasha kwegukana shampiyona n’igikombe cy’Amahoro mu mwaka wa mbere bazamutsemo.

Ikipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yifurije ishya n’ihirwe aba bakinnyi bose uko ari umunani yeretse umuryango.

Abakinnyi yarekuye ni Itangishaka Claudine, Niyonsaba Jeanne, Uwamariya Diane, Uwanyirigira Sifa, Uwiringiyimana Rosine, Judith Ochitieno na Kankinda Fatuma Miky.

Itangishaka Claudine, Niyonsaba Jeanne, Uwanyirigira Sifa, Uwamariya Diane, Uwiringiyimana Rosine, Kankindi Fatouma Micky & Judith Ochieng Atieno.

Aba barimo abakinnyi bayifashije kwegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2023-2024.

Rayon Sports kandi yatandukanye n’abari mu ikipe y’abatoza babiri aribo: Ramadhan Nizeyimana na Illuminé Uwimana.

Rayon Sports iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bari n’abategarugori igomba gutangira gushaka abandi bakinnyi bashya kuko izaserukira u Rwanda mu mikino nyafurika.

Christian

Recent Posts

Greenwood watewe umugongo na Manchester United yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka muri Getafe

Mason Greenwood yagizwe umukinnyi w'umwaka mu ikipe ya Getafe ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya mbere…

10 hours ago

Perezida Tshisekedi yatangiye kubazwa uko imijyi ikomeje gufatwa na M23 ubutitsa

M23 imaze iminsi yigaruriye Umujyi wa Kanyabayonga ibintu byakozwe ngo mugihe gito, aho benshi bakomeje…

14 hours ago

Rwanda FDA yahagaritse ku isoko ry’u Rwanda umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda FDA ryavuze rihagaritse burundu umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg…

14 hours ago

“Si njye uzabona ngeze imbere ya biriya bihumbi by’abafana” Omborenga Fitina nyuma yo gusinyira Rayon Sports

Ikipe Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha, myugariro Omborenga Fitina uherutse gutandukana na APR FC.…

1 day ago

Paul Kagame yijeje abaturage b’i Karongi ko umuhanda ubahuza na Muhanga ugiye gukorwa vuba

Paul Kagame akaba na Chairman w'Umuryango FPR Inkotanyi, yijeje abaturage b'i Karongi ko umuhanda Muhanga-Karongi…

1 day ago

Mu Mafoto: Umuhanzi Eddy Kenzo yasabye anakwa Minisitiri Phiona Nyamutooro

Edrisah Kenzo Musuuza wamamaye mu muziki nka Eddy Kenzo yasabye anakwa umukunzi we, umunyamabanga wa…

2 days ago