POLITIKE

Burundi: Abaturage bari mu gihirahiro cyo kwakwa umusanzu wo kwakira Perezida wabo

Mugihe biteganyijwe ko Perezida w’u Burundi Ndayishimiye Evariste asura abatuye muri komine yo mu Ntara ya Mwaro, hari bamwe mu baturage bavuga ko barimo gutungurwa n’abayobozi bakomeje kubaka umusanzu wo kwakira Umukuru w’igihugu cyabo.

Ni urugendo rw’umukuru w’igihugu Evariste Ndayishimiye ateganya gukora kuri iki Cyumweru kiri imbere.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Media Burundi kivuga ko ubusanzwe uretse iyi misanzu bari kwakwa y’agahato, hari n’abahatiwe kwishyura imyenda abitabiriye aya masengesho bagomba kwambara.

Abagize umuryango wa perezida bazerekeza i Nyabihanga (intara imwe) mu birori byo kwizihiza imyaka ine Perezida Neva amaze ku butegetsi birimo n’aya masengesho.

Abakozi ba Leta bose bahatirwa gutanga amafaranga. Abarimu bo mu mashuri abanza basabwa gutanga hagati y’amafaranga 2000 na 5000 y’Amarundi, abayobozi b’ibigo bo basabwa amafaranga ibihumbi hagati ya 10 na 20.

Abacuruzi n’abavuka muri iyi ntara barimo gukangurirwa gutanga umusanzu nabo. Amafaranga aratandukanye hakurikijwe urwego rw’imibereho.

Abarimu bababaye babwiye SOS Médias Burundi bati: “Ubuzima bwarahenze cyane. Ariko turahatirwa gutanga amafaranga ngo twakire umuryango wa perezida kandi ntacyo ubuze, biteye agahinda nubwo bisekeje.”

Umwe mu bacuruzi,yagize ati: “Ibiciro by’ingendo kuri ubu birahenze cyane kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli rikomeje. Ariko turahatirwa kujya i Nyabihanga no gutanga imisanzu ku gahato.”

Nk’uko amakuru aturuka ku begereye ubuyobozi abivuga, “igice kimwe cy’aya mafaranga kigenewe kwakira umuryango wa perezida. Ikindi kizakoreshwa mu kugura impano zo guha umuryango we. ”

Kimwe n’uwamubanjirije Pierre Nkurunziza wateguraga ingendo zo kwizihiza buri “ntsinzi”, Évariste Ndayishimiye azajya i Nyabihanga mu ntara ya Mwaro (mu Burundi rwagati) “gushimira Imana”ku bw’imyaka ine amaze ku butegetsi, kuva ku ya 20 kugeza ku ya 22 Kamena 2024.

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

1 day ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

2 days ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

2 days ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

3 days ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

3 days ago