RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko COVID-19 yatsikamiye ibihugu byari mu nzira y’amajyambere

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko icyorezo cya Covid-19 cyerekanye ubusumbane bukomeye hagati y’ibihugu byateye imbere n’ibiri mu nzira y’amajyambere by’umwihariko mu kubona inkingo n’ubundi buryo bw’ubwirinzi.

Advertisements

Ni ubutumwa yatangiye i Paris mu Bufaransa ahateraniye inama yiga ku gukorwa ry’inkingo,  yateguwe n’Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe iby’Inkingo ku Isi ku bufatanye bw’u Bufaransa n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024.

Yagize ati “Icyorezo cya Covid-19 cyahitanye ubuzima bw’amamiliyoni, kigaragaza uburyo bushya bw’ubusumbane hagati y’Isi yateye imbere n’iri mu nzira y’amajyambere. Virusi ntabwo yigeze isiga igihugu na kimwe kitagizweho ingaruka.”

Umukuru w’igihugu yerekanye ko n’ubwo isi yose yari ihangayitse kimwe ariko byasabye ko abakire babanza kwihaza mu nkingo bakabona gutekereza abakene.

Iyi nama yateguwe n’Ihuriro Mpuzamahanga rigamije guteza imbere ibijyanye ninkingo ku Isi, Gavi Alliance.

Mu Rwanda ubu hari uruganda rwatangiye gukora inkingo rwa Biotech. Ni icyemezo umukuru w’igihugu yagaragaje kenshi ko cyaturutse ku mujinya watewe n’agasuzuguro kw’ibihugu bikize byari byabanje gushaka guha abaturage babyo inkingo ngo zizagera ku bikennye nyuma.

Mu Bufaransa yataraniye inama ikomeye irebana n’iby’ingingo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago