RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko COVID-19 yatsikamiye ibihugu byari mu nzira y’amajyambere

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko icyorezo cya Covid-19 cyerekanye ubusumbane bukomeye hagati y’ibihugu byateye imbere n’ibiri mu nzira y’amajyambere by’umwihariko mu kubona inkingo n’ubundi buryo bw’ubwirinzi.

Ni ubutumwa yatangiye i Paris mu Bufaransa ahateraniye inama yiga ku gukorwa ry’inkingo,  yateguwe n’Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe iby’Inkingo ku Isi ku bufatanye bw’u Bufaransa n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024.

Yagize ati “Icyorezo cya Covid-19 cyahitanye ubuzima bw’amamiliyoni, kigaragaza uburyo bushya bw’ubusumbane hagati y’Isi yateye imbere n’iri mu nzira y’amajyambere. Virusi ntabwo yigeze isiga igihugu na kimwe kitagizweho ingaruka.”

Umukuru w’igihugu yerekanye ko n’ubwo isi yose yari ihangayitse kimwe ariko byasabye ko abakire babanza kwihaza mu nkingo bakabona gutekereza abakene.

Iyi nama yateguwe n’Ihuriro Mpuzamahanga rigamije guteza imbere ibijyanye ninkingo ku Isi, Gavi Alliance.

Mu Rwanda ubu hari uruganda rwatangiye gukora inkingo rwa Biotech. Ni icyemezo umukuru w’igihugu yagaragaje kenshi ko cyaturutse ku mujinya watewe n’agasuzuguro kw’ibihugu bikize byari byabanje gushaka guha abaturage babyo inkingo ngo zizagera ku bikennye nyuma.

Mu Bufaransa yataraniye inama ikomeye irebana n’iby’ingingo

Christian

Recent Posts

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…

12 mins ago

Sinzi niba amatora yo muri Amerika azaba ari amahoro – Biden

Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…

1 hour ago

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe inda nkuru-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…

2 hours ago

Bushali yasogongeje abakunzi be album yise ‘Full Moon’ ishingiye ku buzima yanyuzemo

Kera kabaye umuraperi w'injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje…

2 hours ago

Gen Muhoozi yikomye Ambasaderi wa Amerika muri Uganda wubahutse Se

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba n'imfura ya Perezida wa Uganda Yoweri…

24 hours ago

P. Diddy yahawe umucamanza mushya washyizweho na Perezida Joe Biden

Kuri uyu wa 03 Ukwakira 2024 nibwo hasohotse itangazo rivuga ko Arun Subramanian ari we…

1 day ago