INKURU ZIDASANZWE

U Rwanda rwiteguye kurwana intambara na RD Congo mugihe byaba ngombwa-Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame, yavuze ko igihugu cye “cyiteguye” kurwana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DR Congo) igihe yashotora u Rwanda, ibi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na France 24.

Aha Umukuru w’igihugu yabivuze ashize amanga agira ati: “Twiteguye kurwana. “Nta kintu na kimwe dutinya.”

Mu gusubiza ibirego biherutse gutangwa na mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, avuga ko u Rwanda rutegura “itsembabwoko” mu burasirazuba bwa DRC, Perezida Kagame ashinja, ku rundi ruhande, Félix Tshisekedi kubiba ‘ingengabitekerezo ya jenoside’ mu burasirazuba bwa DRC, hibasirwa Abatutsi b’Abanyekongo.

Perezida w’u Rwanda agira ati: “Iyo ushinje abandi bantu ibyo uregwa, hari ikintu kiba kitagenda neza mu mutwe wawe.”

Paul Kagame yahakanye ko hari abasirikare b’u Rwanda ku butaka bw’umuturanyi we wa Kongo, yemeza ko hagomba kwibazwa intandaro y’iki kibazo.

Perezida Kagame, ugiye kwiyamamaza muri manda ya kane, yahakanye ibihuha byose bivugwa ku matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe ku wa 15 Nyakanga ndetse yamagana ibikomeje gutangazwa n’ibinyamakuru byishyize hamwe bigamije guharabika u Rwanda.

Christian

Recent Posts

Perezida Kagame yahishuye icyatumye yubaka inzu mu Bugesera

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…

1 hour ago

Rutahizamu wa Rayon Sports y’Abagore yerekeje muri Portugal

Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…

2 hours ago

Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije bavuzweho kuroga ikipe ya Kiyovu Sports barekuwe

Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…

2 hours ago

Ubujurire ku mitungo yo kwa Rwigara bwateshejwe agaciro

Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo  Rwigara cyasomwe mu…

6 hours ago

Rayon Sports yaguze myugariro wabaye mwiza muri Senegal

Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…

1 day ago

Ubwongereza: Ishyaka ‘Labour Party’ ryarwanyije gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ryatsinze amatora

Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…

1 day ago