INKURU ZIDASANZWE

U Rwanda rwiteguye kurwana intambara na RD Congo mugihe byaba ngombwa-Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame, yavuze ko igihugu cye “cyiteguye” kurwana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DR Congo) igihe yashotora u Rwanda, ibi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na France 24.

Advertisements

Aha Umukuru w’igihugu yabivuze ashize amanga agira ati: “Twiteguye kurwana. “Nta kintu na kimwe dutinya.”

Mu gusubiza ibirego biherutse gutangwa na mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, avuga ko u Rwanda rutegura “itsembabwoko” mu burasirazuba bwa DRC, Perezida Kagame ashinja, ku rundi ruhande, Félix Tshisekedi kubiba ‘ingengabitekerezo ya jenoside’ mu burasirazuba bwa DRC, hibasirwa Abatutsi b’Abanyekongo.

Perezida w’u Rwanda agira ati: “Iyo ushinje abandi bantu ibyo uregwa, hari ikintu kiba kitagenda neza mu mutwe wawe.”

Paul Kagame yahakanye ko hari abasirikare b’u Rwanda ku butaka bw’umuturanyi we wa Kongo, yemeza ko hagomba kwibazwa intandaro y’iki kibazo.

Perezida Kagame, ugiye kwiyamamaza muri manda ya kane, yahakanye ibihuha byose bivugwa ku matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe ku wa 15 Nyakanga ndetse yamagana ibikomeje gutangazwa n’ibinyamakuru byishyize hamwe bigamije guharabika u Rwanda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago