IMIKINO

APR Fc yatangaje Darko Novic nk’umutoza mushya

Ikipe ya APR Fc yatangaje umunya Serbia Darko Novic nk’umutoza mushya ugiye kuyitoza mu myaka itatu iri imbere.

Novic yari umutoza wa US Monastir ubwo yasezereraga APR FC muri CAF Champions League ya 2022.

Ibinyujije kuri X, APR FC yagize iti: “APR FC inejejwe no kwakira bwana Darko Novic n’abungiriza be mw’ikipe yacu nk’Umutoza mukuru mugihe cy’imyaka itatu.

Tumufitiye icyizere kandi dufatanije ko azageza ikipe yacu ahisumbuye kurushaho.

Arakaza Neza Mu muryango Mugari wa APR FC!.”

Bitendukanye n’uwo yasimbuye wari wahawe umwaka umwe, Darko yahawe amasezerano y’imyaka 3 aho afite mu nshingano ze kubaka ikipe nk’umushinga ukwiye gusiga APR FC ifite ijambo muri Afurika.

Mu myaka 10 ishize, APR FC yatunze abatoza benshi gusa muri bo nta n’umwe wigeze ahabwa amasezerano y’imyaka 3 agitangira akazi, wabaga ari umwaka umwe ushobora kongerwa, abongerewe bakaba mbarwa.

Ubwo yageraga mu Rwanda mu 2010, Umuholande Ernie Brandts yahawe amasezerano y’imyaka 2 ibitarahiriye benshi bamukurikiye.

Kuva Novic abaye umutoza muri 2008, nta hantu yamaze nibura imyaka 2, urebye inzira ye mu myaka 16.

Uyu mugabo w’imyaka 52, yatoje amakipe arimo ES Sétif, US Monastir n’Ikipe y’Igihugu ya Libya.

Nović ni we watozaga US Monastir ubwo yasezereraga na APR FC muri CAF Confederation Cup ya 2022/23.

Darko aje yiyongera ku rutonde rw’abandi banya Serbia batoje APR FC barimo Mzee Ljubomir “Ljupko” Petrović, Zlatko Krmpotić, Zaviša Milosavljević, Dusan Suljagic n’ abandi.

Akazi ka Darko Novic kazatangirira muri CECAFA Kagame Cup izatangira tariki ya 6-22/7/2024.

Darko Novic yagizwe umutoza wa APR Fc

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago