RWANDA

Tanasha Donna wabyaranye na Diamond Platnumz yageze i Kigali avuga ko azi umuhanzi umwe rukumbi

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, nibwo Tanasha Donna usanzwe ari umunyamideli ubifatikanya n’ubuhanzi yaraye ageze i ku nshuro ye ya mbere.

Uyu Tanasha Donna wabyaranye na Diamond Platnumz akigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe yavuze ko yishimiye kugera ku butaka bw’u Rwanda ku nshuro ye ya mbere kandi ko abona ibintu byose bifite isuku n’abantu ubwabo.

Uyu mugore w’umwana umwe, aje mu Rwanda aho byitezweko azataramira abakunze ibihangano bye mu kabari gashya kitwa B Lounge gaherereye i Nyamirambo aha ni naho uyu muhanzikazi w’umushabitsi azatangirira n’ubuhanzi ku mugaragaro ashyira hanze indirimbo ye ya mbere akayiririmbira imbere y’abantu.

Tanasha warumaze iminsi utegerejwe na benshi bagera ku kibuga cy’indege bagaheba, yavuze ko habayeho kutamenya igihe yakatishirije itike y’indege gusa yisegura ku itangazamakuru ryagiye rigera ku kibuga cy’indege rikamubura.

Itangazamakuru ubwo rya mubaza nk’umwe mu bahanzi bazwi nimba hari umuhanzi nawe yaba aje mu Rwanda amuzi. Donna yavuze ko ubusanzwe azi umuhanzi w’Umunyarwanda kandi akaba ariwe akunda.

Ati “Yego urebye mu Rwanda nzi umuhanzi witwa Mike Kayihura kandi ndamukurikira cyane.”

Abajijwe nimba hari imikoranire bazagirana mbere y’uko asubira muri Kenya, uyu muhanzikazi yavuze ko ntacyashoboka kandi yizeye kuva mu Rwanda ahakoreye indirimbo.

Tanasha Donna afitanye umwana na Diamond Platnumz witwa Naseeb Junior bakunda kwita impanga ya Diamond kubera uburyo basa ndetse bakaba bagirira isabukuru y’amavuko umunsi umwe.

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yatandukanye na Lawrence Webo

Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.…

7 hours ago

Umunyarwanda yapfiriye mu gihugu cya Oman

Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana. Inkuru y’urupfu…

7 hours ago

APR Fc yatomboye amakipe y’ibigugu mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup

Ikipe ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, ariyo APR FC yisanze mu…

11 hours ago

Perezida Biden yavuze impamvu yitwaye nabi mu kiganiro mpaka na Donald Trump

Perezida w’Amerika Joe Biden yegetse kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka mu cyumweru gishize ku…

15 hours ago

Kigali: Inzu izwi nka ‘Makuza Peace Plaza’ yahiye

Inzu izwi nka Makuza Peace Plaza mu karere ka Nyarugenge yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo…

16 hours ago

“Akaga u Rwanda rwagize n’ukugira abayobozi b’abapumbafu”-Perezida Kagame yiyamamaza i Kirehe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu…

1 day ago