RWANDA

Tanasha Donna wabyaranye na Diamond Platnumz yageze i Kigali avuga ko azi umuhanzi umwe rukumbi

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, nibwo Tanasha Donna usanzwe ari umunyamideli ubifatikanya n’ubuhanzi yaraye ageze i ku nshuro ye ya mbere.

Advertisements

Uyu Tanasha Donna wabyaranye na Diamond Platnumz akigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe yavuze ko yishimiye kugera ku butaka bw’u Rwanda ku nshuro ye ya mbere kandi ko abona ibintu byose bifite isuku n’abantu ubwabo.

Uyu mugore w’umwana umwe, aje mu Rwanda aho byitezweko azataramira abakunze ibihangano bye mu kabari gashya kitwa B Lounge gaherereye i Nyamirambo aha ni naho uyu muhanzikazi w’umushabitsi azatangirira n’ubuhanzi ku mugaragaro ashyira hanze indirimbo ye ya mbere akayiririmbira imbere y’abantu.

Tanasha warumaze iminsi utegerejwe na benshi bagera ku kibuga cy’indege bagaheba, yavuze ko habayeho kutamenya igihe yakatishirije itike y’indege gusa yisegura ku itangazamakuru ryagiye rigera ku kibuga cy’indege rikamubura.

Itangazamakuru ubwo rya mubaza nk’umwe mu bahanzi bazwi nimba hari umuhanzi nawe yaba aje mu Rwanda amuzi. Donna yavuze ko ubusanzwe azi umuhanzi w’Umunyarwanda kandi akaba ariwe akunda.

Ati “Yego urebye mu Rwanda nzi umuhanzi witwa Mike Kayihura kandi ndamukurikira cyane.”

Abajijwe nimba hari imikoranire bazagirana mbere y’uko asubira muri Kenya, uyu muhanzikazi yavuze ko ntacyashoboka kandi yizeye kuva mu Rwanda ahakoreye indirimbo.

Tanasha Donna afitanye umwana na Diamond Platnumz witwa Naseeb Junior bakunda kwita impanga ya Diamond kubera uburyo basa ndetse bakaba bagirira isabukuru y’amavuko umunsi umwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago