Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha Ndayishimiye Richard, Umurundi wari umaze umwaka akinira Muhazi United, ku masezerano y’imyaka ibiri.
Uyu mukinnyi wari usigaje amasezerano y’umwaka umwe muri Muhazi United, yahise akomeza ibiganiro na Rayon Sports birangira imutanzeho asaga miliyoni 20 FRW.
Akimara gusinya,Richard NDAYISHIMIYE yagize ati: “Nishimiye kuba ninjiye muri Rayon Sports. Umukinnyi wese uhatana cyane arota gukinira ikipe ikomeye nk’iyi muri iki gihugu. Intego yanjye ni uguha ibyishimo abafana bacu beza muri shampiyona iri imbere. ”
Ndayishimiye yaherukaga kugaragara mu mukino wa gicuti Gikundiro yanganyijemo na APR FC ubusa ku busa, hasogongerwa Stade Amahoro ku wa 15 Kamena 2024.
Uyu musore wavukiye i Bukavu mu 2004, akerekeza mu Burundi mu 2018, yakiniye amakipe arimo Tel Aviv-Yafo FC mu Cyiciro cya Kabiri, Burundi Sports Dynamic FC na Muhazi United yo mu Rwanda yari amazemo umwaka umwe.
Ni umukinnyi wa kabiri usinyiye Gikundiro muri iyi mpeshyi nyuma ya myugariro Nshimiyimana Emmanuel ’Kabange’ wavuye muri Gorilla FC.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…