Mu gihugu cya Misiri haravugwa ko abantu 1300 bapfiriye mu rugendo rutagatifu rujya i Mecca aho abaguyeyo biganjemo ari abagiyeyo batiyandikishije bityo babura uburyo bwo kwikinga ubushyuhe nk’uko amakuru avugwa n’abamwe mu bayobozi.
Abo bayobozi babiri bavuga ko Abanyamisiri bagera kuri 630 bapfiriye mu rugendo rutagatifu bari bagiyemo mu Gihugu cya Saudi Arabia, bazize ubushyuhe bukabije bwibasiye icyo Gihugu.
Bivugwa ko Abanyamisiri bapfiriye mu i Mecca, imirambo yabo yashyinguwe muribo Saudi Arabia nkuko byemejwe nabo bayobozi batashatse ko hatangazwa amazina yabo kuko byatangajwe n’ijwi ry’Amerika.
Leta ya Saudi Arabia yatangaje ko hari abantu bari bagiye mu rugendo Rutagatifu mu buryo butemewe n’amategeko ndetse benshi babujijwe kwinjira ahaberaga umutambagiro mutagatifu bituma batabona aho bahungira ubushyuhe bukabije, ariko kugeza ubu ntacyo iratangaza ku bijyanye n’abapfiriye ku butaka bwayo.
Ibihugu bya Misiri ,Indonesia,Ubuhinde ,Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Jordania, Tunisia, Algeria, Malaysia nibyo byapfushije abaturage babyo.
Abapfuye barenga 1000 barimo ,Abanyamisiri 630, Abanya Indonesia 165, Abahinde 98 n’Abanyamerika 2, mu gihe ibindi bihugu bitatangaje umubare w’abaturage babyo bapfuye.
Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.…
Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana. Inkuru y’urupfu…
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, ariyo APR FC yisanze mu…
Perezida w’Amerika Joe Biden yegetse kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka mu cyumweru gishize ku…
Inzu izwi nka Makuza Peace Plaza mu karere ka Nyarugenge yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo…
Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu…