N’ubwo nta makuru yihariye aratangazwa n’ikipe ya APR FC biravugwa ko myugariro ukomeye w’umunya Senegal, Aliou Souané, yamaze kwemera gusinyira iy’ikipe avuye mu ikipe y’iwabo yitwa ASC Jaraaf.
Nkuko amakuru ari gucicikana nuko uyu munyamahanga APR FC izifashisha umwaka utaha yasesekaye I Kigali.
Uyu yabaye myugariro mwiza wa LIGUE 1 yo muri Senegal ndetse n’umukinnyi ukinira abatarengeje imyaka 23 na CHAN wa Senegal.
Uyu ngo aragurwa ibihumbi 70 by’amadolari ubwo n’asaga miliyoni 80 FRW, azahembwe $6500 ku kwezi n’ukuvuga angana na miliyoni zikabakaba umunani FRW.
Uyu ngo arahabwa inzu n’imodoka ari mu Rwanda.
Ikinyamakuru Record cyo muri Senegal cyo cyari cyatangaje ko APR FC iri mu biganiro na myugariro Alioune Souané bivugwa ko yashakwaga na Al Hilal yo kuri Sudan.
Iki kinyamakuru cyanditse ko Alioune azagurwa ibihumbi 60 by’amayero, we ahabwe asaga ibihumbi 20 by’amayero, umushahara w’ukwezi wa 5000 €, inzu yo kubamo n’imodoka yo kugendamo mu Rwanda.
APR FC yatangiye kugura abakinnyi bazayifasha muri Champions League ishaka kwigaragazamo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…