KWIYAMAMAZA

‘Gutora 100% n’amahitamo y’Abanyarwanda’ Paul Kagame asubiza abakomeje kunenga Demokarasi y’u Rwanda

Perezida Kagame yibukije abanenga Demokarasi y’u Rwanda y’uko atorwa hafi 100% ko ibyo abanyarwanda bakora aribo biba bireba ndetse ko kuba hari bamwe batorwa 15% aribo bari inyuma.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Kamena 2024,uyu mukandida yiyamamarije mu Ngororero ahahuriye abaturage benshi biganjemo abahageze mu rukerera.

Ati “Hari abumva ko ijana ku ijana atari demokarasi, bazabyumva kuko demokarasi, inzira turimo, ibyo tuzakora tariki 15 ni ibireba u Rwanda, ntabwo bibareba cyane, bireba twe. Twe dukora ibitureba.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu Karere ka Ngororero

“Ngo ijana ku ijana ishoboka ite? Ngo nta demokarasi ihari. Hari uwo nabajije ejobundi, ndamubaza nti ‘abayoborwa na 15% iyo ni demokarasi gute? Ugasanga n’ababatoye ni nka 30% by’abagombaga gutora. Iyo ni yo demokarasi? Ntimugakangwe na byinshi, bimwe birakangana ariko buriya bafitemo n’ubujiji.”

Aba baturage bahise bamushyigikira baririmba bavuga bati ’bazaze bige’.

Perezida Kagame kandi yavuze ko abanenga imitwe yemeye gufatanya na FPR batazi impamvu yabyo kuko abafatanyije bagera kure.

Yavuze ko kuba iyo mitwe yaremeye gufatanya na FPR INKOTANYI ari ugushaka kugera kure kuko abafatanyije nta kibananira. Ati:”Gufatanya ntabwo ari intege nke ahubwo bigaragaza ubushake n’imbaraga nyinshi. Iteka iyo abantu bashyize nta gishobora kubananira.”

Perezida Kagame yavuze ko amahitamo abanyarwanda bazakora kuwa ku wa 15 Nyakanga,azabageza kuri demokarasi n’iterambere.

Ati: “Twaje hano kugira ngo tujye umugambi w’ibyo tuzakora tariki 15 z’ukwezi tugiye kugeramo. Na byo bifite amateka aganisha ahongaho. Mu 2017 twari hano, na mbere yaho twaje hano. Ibyo ni urugendo rwa politiki, rwa demokarasi, gushyiraho hamwe n’iterambere.”

“Uyu munsi n’iyo tariki 15 z’ukwezi gutaha ni uguhitamo gukomeza iyo nzira, guhitamo abayobozi mufatanya iyo nzira. Itariki 15 dufite guhitamo ibintu bibiri: Abadepite n’uzayobora Repubulika y’u Rwanda. Hari abatumva u Rwanda riko buhoro buhoro ibikorwa bizajya bibasobanurira.”

Umukandida wa FPR Inkotanyi yahumurije abatuye Ngororero, abizeza ko ibikorwa byo guhungabanya umutekano byakozwe n’abacengezi nyuma gato ya Jenoside, bitazongera ukundi.

Ati “Twabishyize iruhande, tubishyize iruhande, ntabwo byakongera rwose. N’abakomoka muri ibi bice nk’umwe cyangwa babiri bagana muri ziriya nzira, turabihorera ngo bazitsinde.”

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago