KWIYAMAMAZA

Paul Kagame yahinyuje imvugo yavugaga ko igihugu cy’u Rwanda ari gito ubwo yiyamamarizaga i Muhanga

Paul Kagame yongeye gukomoza ku byavugwaga kuri politike ya kera ko u Rwanda ari ruto avuga ko ibyo bavugaga bihabanye kuko u Rwanda atari ruto ku Banyarwanda. 

Ubwo yiyamamarizaga i Muhanga, Perezida Kagame yavuze ko Politiki y’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yavugaga ko abari hanze mu buhungiro bagombaga kubugumamo ngo kuko u Rwanda rwari ruto.

Perezida Kagame ati: “Nta muntu ukwiriye kuba impunzi. Buri Munyarwanda wese, ari uyu munsi, ari mu myaka iri imbere. Umubare wacu uko uzaba ungana kose uzakwira mu Rwanda. Kugira abantu bakwirwe mu gihugu nk’icy’u Rwanda cyitwa ko ari gito ndetse bagakwirwamo ari benshi, birashoboka ariko bisaba gukora, gukorera hamwe, gukora ibigezweho, kubikora neza, u Rwanda rugatunga, rugatunganirwa.”

Umukandida wa FPR Inkotanyi yashimiye imitwe ya politiki ishyigikiye kandidatire ye, agaragaza ko ubu bumwe ari bwo bwatumye ibyo Abanyarwanda bubatse bigaragara, asobanura ko bitanga icyizere cy’uko n’ibindi byiza bizagerwaho.

Ati “Naje hano kubibutsa, kubashimira icyizere no kubabwira ngo,mukomeze ibyiza twakoraga, byubaka igihugu cyacu, bidasize Umunyarwanda uwo ari we wese inyuma, ahubwo buri wese abigiramo uruhare. Ndagira ngo mbabwire ngo muri kuriya guhitamo ni uguhitamo gukomeza inzira turimo, guhitamo ndetse kurushaho umurego n’intambwe kugira ngo tugerageze twihute kuko aho dushaka kugera tutarahagera.”

Perezida Kagame yabwiye abanya Muhanga ko amahitamo yabo kuwa 15 Nyakanga azatuma igihugu gikomeza gutera imbere kurushaho kuko aho u Rwanda rutaragera aho rwifuza nubwo rugerereje urugendo.

Kagame yasabye abaje kumushyigikira ko badakwiriye kwita ku banyamahanga bababeshya ko babakunda ahubwo bagomba kwishakamo ibisubizo byaba ngombwa nabo bo hanze bakafasha kubaho.

Ati:”Ntimuzategereze kuzabeshwaho n’ubakunda wundi… Ubakunda wundi mvuga ntazi uwo ariwe n’uwo hanze. Abo hanze turafatanya, turumvikana ariko ntimuzategereze uwo hanze ubakunda, ubabeshaho, mwibesheho.”

Christian

Recent Posts

Perezida Kagame yahishuye icyatumye yubaka inzu mu Bugesera

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…

1 hour ago

Rutahizamu wa Rayon Sports y’Abagore yerekeje muri Portugal

Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…

2 hours ago

Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije bavuzweho kuroga ikipe ya Kiyovu Sports barekuwe

Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…

2 hours ago

Ubujurire ku mitungo yo kwa Rwigara bwateshejwe agaciro

Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo  Rwigara cyasomwe mu…

6 hours ago

Rayon Sports yaguze myugariro wabaye mwiza muri Senegal

Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…

1 day ago

Ubwongereza: Ishyaka ‘Labour Party’ ryarwanyije gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ryatsinze amatora

Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…

1 day ago