INKURU ZIDASANZWE

Tamayo Perry wamamaye muri filime ‘Pirates of Caribbeans’ yariwe n’ifi mu nyanja arapfa

Umukinnyi wa filimi Tamayo Perry wamamaye mu yitwa Pirates of the Caribbean yariwe n’igifi cyo mu bwoko bwa ‘shark’ arimo guserebeka (surfing) ku nyanja yo muri Hawaii kugeza ashizemo umwuka.

Uyu mugabo w’imyaka 49 yapfuye ku mugoroba wo kuri iki cyumweru, nk’uko byemejwe n’abashinzwe ubutabazi ahitwa Honolulu muri Hawaii mu kiganiro n’abanyamakuru.

Abatabazi bahamagawe ku mwaro wa Malaekahana ahagana saa saba z’amanywa ku isaha yaho.

Ariko Perry – usanzwe ari inzobere mu butabazi bwo mu mazi – byemejwe ko yapfuye nyuma y’uko abatabazi bamugaruye ku mwaro muri jet ski.

Perry yakinnye muri Pirates of the Caribbean: On Stranger Tides, filimi ya kane mu ruhererekane rwazo.

Iyi filimi yo mu 2011, ikurikirana Johnny Depp nk’umujura wo mu nyanja (pirate) witwa Captain Jack Sparrow, irimo kandi ibindi byamamare nka Penelope Cruz na Geoffrey Rush.

Perry yakinnye kandi muri filimi zindi nka Lost, Hawaii Five-0, Blue Crush na Charlie’s Angels 2.

Kurt Lager ushinzwe umutekano ku nyanja y’i Honolulu yavuze ko Perry yari “umutabazi ukundwa na bose”, yongeraho ko yari azwi cyane muri aka gace n’ahandi ku isi.

Ati: “Ubumuntu bwa Tamayo bwari nk’indwara yandura, kandi uko abantu bamukundaga, ni ko na we yakundaga buri wese.”

Lager yihanganishije umuryango we.

Rick Blangiardi ‘mayor’ w’ako gace yavuze ko urupfu rwa Tamayo ari “igihombo giteye ubwoba”.

Mu kiganiro n’abanyamakuru yagize ati: “Tamayo yari igihangange mu mazi kandi yubashywe cyane, yakuriye hano, kandi yari umwe mu bakomeye bagize ikipe yacu y’ubutabazi.”

Yavuze ko ubwo bamuhamagaye bamubwira iyo nkuru yananiwe “kubyemera”. Yasabye abantu kubaha ubuzima bwite bw’umuryango we mu gihe uri mu gahinda.

Tamayo yavukiye ku kirwa cyan O’ahu, kimwe mu bigize Hawaii muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Yari umuhanga n’inzobere mu guserebeka ku miraba y’inyanja (surfing), ndetse yari umwalimu ubyigisha abantu.

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yatandukanye na Lawrence Webo

Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.…

5 hours ago

Umunyarwanda yapfiriye mu gihugu cya Oman

Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana. Inkuru y’urupfu…

6 hours ago

APR Fc yatomboye amakipe y’ibigugu mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup

Ikipe ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, ariyo APR FC yisanze mu…

10 hours ago

Perezida Biden yavuze impamvu yitwaye nabi mu kiganiro mpaka na Donald Trump

Perezida w’Amerika Joe Biden yegetse kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka mu cyumweru gishize ku…

14 hours ago

Kigali: Inzu izwi nka ‘Makuza Peace Plaza’ yahiye

Inzu izwi nka Makuza Peace Plaza mu karere ka Nyarugenge yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo…

14 hours ago

“Akaga u Rwanda rwagize n’ukugira abayobozi b’abapumbafu”-Perezida Kagame yiyamamaza i Kirehe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu…

1 day ago