KWIYAMAMAZA

‘Muri Intare ziyobowe n’indi Ntare’ Paul Kagame abwira abaturiye Akarere ka Nyarugenge

Ubwo yiyamamazaga kuri uyu wa Kabiri tariki 25  Kamena 2024, kuri site ya Rugarama mu Karere ka Nyarugenge i Nyamirambo umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’igihugu Paul Kagame yagereranije abanyarwanda nk’ingabo z’intare ziyobowe n’indi ntare.

Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi yashimiye abanyarwanda uruhare bagira mu iterambere ry’igihugu ndetse abagereranya n’intare ku rugamba. 

Kagame yagize ati “Hari umuntu wavuze ku rugamba.. baragereranyaga. Baravuga ngo Aho kumpa ingabo z’intama ziyobowe n’intare wampa ingabo z’intare ziyobowe n’intama. Ariko twe twarabirenze. FPR n’abanyarwanda twagize ingabo z’intare ziyobowe n’intare. Izo ngabo nizo zijya ku rugamba, kurwana nk’intare rero nta n’ubwo uba ukeneye ukuyobora cyane ku rugamba. Kandi iyo uri Intare ukagira ingabo z’intama nta rugamba watsinda.”

Umukandida wa FPR Inkotanyi yagaragaje ko urugamba rutari rworoshye. Ati “Ariko uzi guteraganwa warangiza ugateranirwaho n’amahanga?” Yemeza ko u Rwanda rutakabaye ruriho, ariko ko rwabayeho kandi rubaho neza kubera ubumwe bw’abanyarwanda no gushyira imbaraga hamwe kwabo.

Yifashishije urugero rw’intare kandi umukandida Paul Kagame yashimangiye uruhare rw’umugore mu iterambere ry’umuryango ati “Mwari muziko Intare y’ingore ariyo ihiga?” Yemeza ko abagore bafite inshingano zikomeye zo guteza imbere urugo ariko kandi abasaba ubufatanye n’abagabo. Ati “Ntiwavuga umugore ngo usige umugabo kimwe n’uko utavuga umugabo ngo usige umugore.” 

Mu karere ka Nyarugenge Paul Kagame yiyamamarije muri Rugarama. Mu gihe abakandida depite 80 batanzwe na FPR Inkotanyi bo bari kwiyamamariza mu turere 30 twose tw’igihugu.

Biteganijwe ko ibikorwa byo kwiyamamaza ku munsi wa gatanu bizakomereza i Huye kuwa 27 Kamena 2024.

Christian

Recent Posts

Perezida Kagame yahishuye icyatumye yubaka inzu mu Bugesera

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…

1 hour ago

Rutahizamu wa Rayon Sports y’Abagore yerekeje muri Portugal

Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…

2 hours ago

Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije bavuzweho kuroga ikipe ya Kiyovu Sports barekuwe

Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…

2 hours ago

Ubujurire ku mitungo yo kwa Rwigara bwateshejwe agaciro

Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo  Rwigara cyasomwe mu…

6 hours ago

Rayon Sports yaguze myugariro wabaye mwiza muri Senegal

Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…

1 day ago

Ubwongereza: Ishyaka ‘Labour Party’ ryarwanyije gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ryatsinze amatora

Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…

1 day ago