Ikipe ya Napoli yo mu Butaliyani ngo igiye kugabanya igiciro cy’umukinnyi wayo Victor Osimhen kugira ngo yorohereze amakipe amushaka.
Victor Osimhen ukomoka muri Nigeria ubusanzwe amasezerano ye amuhesha guhabwa akayabo ka miliyoni 150 by’ama-Euro ku ikipe yaba imushaka, ibintu byabereye ingumu ku makipe menshi amwifuza.
Nk’uko amakuru akomeza gutangazwa mu binyamakuru kuva mu Butaliyani bivugwa ko iy’ikipe yasabwe nibura kugabanya igiciro cy’uyu mukinnyi kugira babashe kumubagurira.
Ikinyamakuru cyitwa Calciomercato ivuga ko ikipe ya Napoli ishobora guhananura igiciro cy’uyu rutahizamu wayo nibura igiciro kikagera kuri miliyoni 100 z’ama-Euro.
Umutoza mushya wa Napoli Antonio Conte ngo arifuza kuzana rutahizamu Romeo Lukaku bahoranye ubwo yatozaga muri Inter de Milan bakegukana shampiyona y’u Butaliyani mu mwaka 2020-2021.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…