RWANDA

APR Fc ishaka kuba ubukombe ku rwego mpuzamahanga yaguze umukinnyi ukomoka muri Ghana

Kugeza magingo aya n’ubwo itaragira icyo itangaza gusa amakuru aravuga ko ikipe ya APR FC yamaze kwibikaho umwe mu bakinnyi bari bakomeye gutura muri Ghana Richmond Lamptey.

Advertisements

Lamptey yarasanzwe akinira ikipe ya Asante Kotoko y’iwabo bikaba bivugwa ko yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe y’Ingabo.

Uyu mukinnyi w’imyaka 27 y’amavuko asanzwe akina hagati mu kibuga ariko afasha ba rutahizamu.

APR FC ngo yaba yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri nk’uko umunyamakuru Micky Jnr uri mu bakomeye mu gutangaza amakuru yo ku isoko yabitangaje.

Hamaze iminsi havugwa ko APR FC ihanze amaso isoko rya Ghana ndetse hari abakinnyi batatu ishaka gukurayo ngo bazayifashe kwitwara neza mu mikino nyafurika.

Uyu Micky Jr yavuze ko vuba aha APR FC iratangaza undi mukinnyi wo muri Ghana yasinyishije.

Amakuru yaherukaga yavugaga ko ikipe ya APR FC yifuzaga gusinyisha abakinnyi batatu bo mu ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Ghana yitwa Samartex FC mu rwego rwo kongera imbaraga zayifasha kwitwara neza mu mikino nyafurika.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago