Kugeza magingo aya n’ubwo itaragira icyo itangaza gusa amakuru aravuga ko ikipe ya APR FC yamaze kwibikaho umwe mu bakinnyi bari bakomeye gutura muri Ghana Richmond Lamptey.
Lamptey yarasanzwe akinira ikipe ya Asante Kotoko y’iwabo bikaba bivugwa ko yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe y’Ingabo.
Uyu mukinnyi w’imyaka 27 y’amavuko asanzwe akina hagati mu kibuga ariko afasha ba rutahizamu.
APR FC ngo yaba yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri nk’uko umunyamakuru Micky Jnr uri mu bakomeye mu gutangaza amakuru yo ku isoko yabitangaje.
Hamaze iminsi havugwa ko APR FC ihanze amaso isoko rya Ghana ndetse hari abakinnyi batatu ishaka gukurayo ngo bazayifashe kwitwara neza mu mikino nyafurika.
Uyu Micky Jr yavuze ko vuba aha APR FC iratangaza undi mukinnyi wo muri Ghana yasinyishije.
Amakuru yaherukaga yavugaga ko ikipe ya APR FC yifuzaga gusinyisha abakinnyi batatu bo mu ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Ghana yitwa Samartex FC mu rwego rwo kongera imbaraga zayifasha kwitwara neza mu mikino nyafurika.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…