Umutoza w’ikipe ya Manchester united, Erik Ten Hag aritegura gusinya andi masezerano mashya muri iy’ikipe nk’uko impande zombie zamaze kumvikana.
Nk’uko amakuru menshi akomeje kuvugwa ngo Erik Ten Hag n’ikipe ya Manchester united ibiganiro bigeze kure.
Umutoza Erik Ten Hag ariko kandi arifuza kugarura uwahoze ari rutahizamu wa Manchester United, Ruud Van Nistelrooy, kugira ngo bafatikanye mu rugendo rwo kongera gusubiza ijambo iy’ikipe yahoranye.
N’ibiganiro byamaze kumvwa ku mpande zombi, aho byitezwe ko bitarenze iki cyumweru harajya hanze amakuru yerekeranye n’isinyishwa ry’amasezerano mashya kuri aba batoza muri Manchester united.
Erik Ten Hag wagendeye ku kagozi akabona agasoje mu mwaka w’imikino umwaka 2023-2024, raporo ivuga ko kuri ubu yahawe amahirwe yo kongera gutoza ikipe ya Manchester united aheruka guhesha igikombe cya FA Cup.
Amakuru yo kugarura Ruud Van Nistelrooy wagiriye ibihe byiza muri Manchester united by’umwihariko muri Premier League ngo bizatuma bamwe mu bakunzi b’iy’ikipe bongera kwiyumvamo ikipe yabo.
Uyu rutahizamu Ruud Van Nistelrooy muri Manchester united yabashije gutsinda ibitego 150 mu mikino 219 yayikiniye.
Ruud Van Nistelrooy byitezwe ko ashobora gusimbura uwari umwungiriza wa Manchester united Mitchell Van der Gaag cyangwa umwe mu batoza b’imbere Benni McCarthy amasezerano yabo arangirana n’uku kwezi.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…