Umutoza w’ikipe ya Manchester united, Erik Ten Hag aritegura gusinya andi masezerano mashya muri iy’ikipe nk’uko impande zombie zamaze kumvikana.
Nk’uko amakuru menshi akomeje kuvugwa ngo Erik Ten Hag n’ikipe ya Manchester united ibiganiro bigeze kure.
Umutoza Erik Ten Hag ariko kandi arifuza kugarura uwahoze ari rutahizamu wa Manchester United, Ruud Van Nistelrooy, kugira ngo bafatikanye mu rugendo rwo kongera gusubiza ijambo iy’ikipe yahoranye.
N’ibiganiro byamaze kumvwa ku mpande zombi, aho byitezwe ko bitarenze iki cyumweru harajya hanze amakuru yerekeranye n’isinyishwa ry’amasezerano mashya kuri aba batoza muri Manchester united.
Erik Ten Hag wagendeye ku kagozi akabona agasoje mu mwaka w’imikino umwaka 2023-2024, raporo ivuga ko kuri ubu yahawe amahirwe yo kongera gutoza ikipe ya Manchester united aheruka guhesha igikombe cya FA Cup.
Amakuru yo kugarura Ruud Van Nistelrooy wagiriye ibihe byiza muri Manchester united by’umwihariko muri Premier League ngo bizatuma bamwe mu bakunzi b’iy’ikipe bongera kwiyumvamo ikipe yabo.
Uyu rutahizamu Ruud Van Nistelrooy muri Manchester united yabashije gutsinda ibitego 150 mu mikino 219 yayikiniye.
Ruud Van Nistelrooy byitezwe ko ashobora gusimbura uwari umwungiriza wa Manchester united Mitchell Van der Gaag cyangwa umwe mu batoza b’imbere Benni McCarthy amasezerano yabo arangirana n’uku kwezi.
Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…
Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…
Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…
Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo Rwigara cyasomwe mu…
Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…
Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…