RWANDA

Igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho cyari giteganyijwe kubera mu Rwanda cyaseshwe

Igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’amaguru cyari giteganyijwe kubera mu Rwanda muri Nzeri 2024, byamaze gutangazwa ko kitakibaye nyuma y’iseswa ry’amasezerano guverinoma y’u Rwanda yari yaragiranye na Easy Group EXP yari ishinzwe kugitegura.

Itangazo ry’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ryasohotse kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko amasezerano yahagaritswe nyuma yo kugenzurana ubushishozi ibyo impande zombi zari zaremeranyije.

Iki gikombe cy’Isi cy’Aba-Veterans cyari kuzabera mu Rwanda kuva tariki 1-10 Nzeri 2024 ariko nkikibaye.

RDB yavuze ko habayeho ubushishozi hanyuma impande zombi zemera mu bwumvikane ko zahagarika imikoranire.

Ibi bivuze ko Visit Rwanda itazigera yongera gukoreshwa mu bikorwa by’ubucuruzi no kwamamaza n’abategura iri rushanwa.

Abanyarwanda bari bategerezanyije amatsiko kuzabona ibyamamare birenga 150 byakanyujijeho mu mupira w’amaguru kuri stade Amahoro.

Ibyo byamamare birimo Ronaldinho Gaúcho, Umufaransa David Trezeguet, Bacary Sagna, Gaizka Mendieta, Miguela Pauleta, Robert Pirès, José Edmílson, Jay-Jay Okocha, Edgar Davids, Roger Milla, Jimmy Gatete n’abandi benshi.

Bamwe mu bakinnyi bari bitezwe mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho

Si imikino gusa kuko hari hateguwe inama zitandukanye, ibikorwa by’imyidagaduro birimo kumurika imideli, ibitaramo, amamurikagurisha n’ibindi byari kuzitabirwa n’abarenga 5000.

Christian

Recent Posts

Greenwood watewe umugongo na Manchester United yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka muri Getafe

Mason Greenwood yagizwe umukinnyi w'umwaka mu ikipe ya Getafe ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya mbere…

10 hours ago

Perezida Tshisekedi yatangiye kubazwa uko imijyi ikomeje gufatwa na M23 ubutitsa

M23 imaze iminsi yigaruriye Umujyi wa Kanyabayonga ibintu byakozwe ngo mugihe gito, aho benshi bakomeje…

14 hours ago

Rwanda FDA yahagaritse ku isoko ry’u Rwanda umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda FDA ryavuze rihagaritse burundu umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg…

14 hours ago

“Si njye uzabona ngeze imbere ya biriya bihumbi by’abafana” Omborenga Fitina nyuma yo gusinyira Rayon Sports

Ikipe Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha, myugariro Omborenga Fitina uherutse gutandukana na APR FC.…

1 day ago

Paul Kagame yijeje abaturage b’i Karongi ko umuhanda ubahuza na Muhanga ugiye gukorwa vuba

Paul Kagame akaba na Chairman w'Umuryango FPR Inkotanyi, yijeje abaturage b'i Karongi ko umuhanda Muhanga-Karongi…

1 day ago

Mu Mafoto: Umuhanzi Eddy Kenzo yasabye anakwa Minisitiri Phiona Nyamutooro

Edrisah Kenzo Musuuza wamamaye mu muziki nka Eddy Kenzo yasabye anakwa umukunzi we, umunyamabanga wa…

2 days ago