Kenya: Perezida William Ruto yiyemeje guhangana n’urubyiruko rwubuye imyigaragambyo

Perezida William Ruto wa Kenya mu ijambo yagejeje ku baturage b’iki gihugu, yaburiye “abateguye, abateye inkunga ndetse n’abakoze bakanashishikaza imvururu n’akavuyo” ko inzego z’umutekano zashyizweho ngo zirinde Repubulika ya Kenya n’ubusugire bwayo “zizoherezwa gucungira igihugu umutekano ndetse zinagarure ituze”.

Advertisements

Ruto yatangaje ibi nyuma y’imyigaragambyo ikomeye ikomeje kubera muri Kenya, nyuma y’uko abadepite b’iki gihugu bemeje umushinga w’itegeko rigamije kongera imisoro.

Perezida Ruto yavuze ko bibabaje kuba “abantu badafite uburere n’umuco” biraye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko bakangiza byinshi ndetse abantu bamwe bakahasiga ubuzima, ibintu yise kugaba igitero ku gihugu.

Ati “Ibyabaye uyu munsi byerekanye uburyo dusubiza ku bibazo bibangamiye umutekano w’igihugu. Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo hatazagira ikintu gisa nk’iki kizongera kubaho ukundi.”

Perezida Ruto yavuze ko Leta ye itazihanganira uwo ari we wese wakongera gukora ibisa nk’ibyo, avuga ko bibabaje kuba abantu bari biyerekanye nk’abari mu myigaragambyo y’amahoro, barivanzwemo n’abo yise itsinda ry’abantu babi b’abagizi ba nabi, bigatuma bagakora ibikorwa by’urugomo, avuga ko ari “abagambanyi b’igihugu”.

Yahumurije Abaturage ba Kenya, ababwira kuryama bagasinzira bakizigura bizeye ko umutekano w’igihugu urinzwe, avuga ko hazakurikiranwa ababiteguye, ababiteye inkunga n’ababigaragayemo bose.

Mu gusubiza, Ruto ntiyahisemo kugira icyo akora ku byo abigaragambya basaba byo kureka burundu ibyo ateganya mu ngengo y’imari (byo kongera imisoro imwe) – ahubwo na we yasunitse, mu muhate wo kugarura ituze mu gihugu.

Perezida wa Kenya yaburiye abagize uruhare muri iriya myigaragambyo ko batagomba kwibwira ko ibyo bakoze bizagarukira ho.

Yunzemo ko Leta ya Kenya igomba gutanga igisubizo kuri biriya bikorwa yise iby’ubugambanyi.

Kugeza ubu abarenga 10 muri Kenya bamaze kuraswa nyuma y’uko Abigaragambya kuri uyu wa Kabiri bateye bakanatwika ingoro ishinga amategeko ndetse n’ibiro bya Guverineri wa Nairobi.

Nyuma yo gutwika ingoro, aba baturage binjiye mu cyumba abadepite bariramo, bararya, baranywa, bangiza ibikoresho byarimo. Byabaye ngombwa ko abapolisi bahungisha abadepite bari bamaze gutora uyu mushinga, babanyuza mu gice cyo munsi y’ubutaka.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago