KWIYAMAMAZA

Umubyeyi wafashwe n’ibise yagiye kwamamaza Perezida Kagame yaje kwibaruka umwana amwita Ian Kagame Mwizerwa-AMAFOTO

Umubyeyi witwa Kamugisha Marie Gorethi wafashwe n’ibise yagiye kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, ku wa 24 Kamena 2024 mu Karere ka Muhanga, yabyaye neza, umwana amwita Ian Kagame Mwizerwa.

Nyuma yo kumenya iyi nkuru, abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Muhanga bamushyiriye igikoma cy’ababyeyi.

Nyuma yo kwibaruka yashyikirijwe igikoma cy’ababyeyi

Uyobora Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga Kayitare Jacqueline yashimiye uwo mubyeyi witwa Kamugisha wari witabiriye bwa mbere ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, akaba ari nabwo yibarutse umwana we w’imfura ku myaka 21 y’amavuko.

Inkuru yo kwibaruka umwana w’umuhungu we w’imfura wahise ahabwa izina rya Ian Kagame Mwizerwa, yamenyekanye mu masaha ya mu gitondo cyo kuwa 25 Kamena 2024, ubwo umukandida wa FPR Inkotanyi yari yaraye avuye kwiyamamariza kuri Site ya Muhanga, ahari hahuriye Uturere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango.

Uyu mubyeyi yabwiye Kigali Today dukesha iyi nkuru ko yavuye iwabo mu rugo mu Murenge wa Muhanga, yerekeza aho umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagombaga kwiyamamariza nubwo yari akuriwe.

Uyu mubyeyi avuga ko kubera urukundo rwinshi akunda Perezida Kagame ariyo mpamvu yagiye kumwamwaza

Avuga ko iwabo bari bamubujije kujya mu bikorwa byo kwamamaza kuko yari akuriwe kuko inda yari atwite yari ifite ibyumweru 35, mu gihe umubyeyi abyara agejeje ku byumweru hagati ya 37 na 42, ariko we agaca ku ruhande akajyayo akurikiye umubyeyi we babanaga dore ko ari nabwo bwa mbere yari yitabiriye bene ibyo birori.

Avuga ko akigerayo yakiriwe ahateganyirijwe ababyeyi batwite n’abana bakiri bato bagombaga guhabwa umwihariko, dore ko hari hanateganyijwe aho abageze mu zabukuru bazitabwaho, bidatinze mu masaha ya saa munani ahita agaragaza ibimenyetso by’uko agiye kwibaruka.

Avuga ko yatabawe n’abajyanama b’ubuzima bamushyikiriza abaganga b’ishami ry’ababyeyi n’abana bari biteguye kwakira uwagira ikibazo wese kuri Site, maze nabo bakomeza kumukurikirana kugeza ubwo umukandida wa RPF yazaga, kugeza atashye.

Agira ati, “Umukandida Paul Kagame naramubonye aza yambaye ingofero y’umukara n’umupira w’umukara, (Iryo ni rimwe mu mabara agize ibirango by’Umuryango FPR Inkotanyi), cyakora igihe yafataga ijambo akaza no kugusha ku nzu y’ababyeyi n’abana yuzuye ku bitaro bya Kabgayi, ati, “Nimubyare nababwira iki”? Ntabwo namwumvise nari ndi mu gice cyo hepfo ahari abagore n’abana”.

Gorethi yabyaye neza

Avuga ko kuba yibarutse hanavuzwe ijambo nk’iryo bigaragaza ko ineza y’Umukandida wa FPR Inkotanyi ari ntagereranywa, kandi ko atekereza ibyagirira Abanyarwanda akamaro by’umwihariko abagore.

Agira ati, “Kubera ikoranabuhanga ntibyatinze ngo imbangukiragutabara ingereho, kuko bamaze kunyitaho nari ntashye nkigera hanze nanirwa kugenda, Imbangukiragutabara ihita iza injyana ku bitaro”.

Uwo mubyeyi Kamugisha avuga ko yigeze gusura undi mubyeyi waje kuruhukira i Kabgayi batarubaka inzu nshya igezweho, ariko abona hari byinshi byiza byashyizwe mu nzu nshya ndetse byamufashije kurinda umwana we yabyaye akibura ibyumweru bibiri ngo avukire igihe.

Agira ati, “Nasuye umubyeyi hariya haruguru ariko hano ni heza cyane turashimira Paul Kagame wazanye ibi bitaro byatumye tubyarira ahantu heza, ndasaba Abanyarwanda bose n’ababyeyi muri rusange kumutora kandi nanjye nzajya kumutora kuko nzaba naratashye”.

Umwana yibarutse yamwise Ian Kagame Mwizerwa

Christian

Recent Posts

Greenwood watewe umugongo na Manchester United yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka muri Getafe

Mason Greenwood yagizwe umukinnyi w'umwaka mu ikipe ya Getafe ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya mbere…

10 hours ago

Perezida Tshisekedi yatangiye kubazwa uko imijyi ikomeje gufatwa na M23 ubutitsa

M23 imaze iminsi yigaruriye Umujyi wa Kanyabayonga ibintu byakozwe ngo mugihe gito, aho benshi bakomeje…

13 hours ago

Rwanda FDA yahagaritse ku isoko ry’u Rwanda umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda FDA ryavuze rihagaritse burundu umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg…

14 hours ago

“Si njye uzabona ngeze imbere ya biriya bihumbi by’abafana” Omborenga Fitina nyuma yo gusinyira Rayon Sports

Ikipe Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha, myugariro Omborenga Fitina uherutse gutandukana na APR FC.…

1 day ago

Paul Kagame yijeje abaturage b’i Karongi ko umuhanda ubahuza na Muhanga ugiye gukorwa vuba

Paul Kagame akaba na Chairman w'Umuryango FPR Inkotanyi, yijeje abaturage b'i Karongi ko umuhanda Muhanga-Karongi…

1 day ago

Mu Mafoto: Umuhanzi Eddy Kenzo yasabye anakwa Minisitiri Phiona Nyamutooro

Edrisah Kenzo Musuuza wamamaye mu muziki nka Eddy Kenzo yasabye anakwa umukunzi we, umunyamabanga wa…

2 days ago