Umugore w’imyaka 39, Afusat Ololade, yapfiriye mu gace ka Ita Baale muri Ifo, muri Leta ya Ogun, mu gihugu cya Nigeria nyuma yo guterwa inshinge.
Kuwa Kabiri tariki 18 Kamena 2024, ahagana Saa Kumi z’umugoroba nibwo ibi byabaye gusa ngo ubuyobozi bwa Polisi y’Igihugu bukaba bwarahise butangira gukora iperereza ku byabaye.
Uyu mugore wapfuye amakuru avuga ko yari arembye ariko kandi yivuriza mu rugo rw’umuturage uzwi ku amzina ya Alabede Libagi, wiyitaga umuvuzi gakondo.
Uyu muvuzi gakondo Libagi bivugwa ko nyuma y’uko abonye uwo yavuraga atagishoboye kumuvura yahisemo kwitabaza umuforomokazi warusanzwe witwa Oyin Israel akaba ariwe wamuhaye inshinge zabaye intandaro yo kwica nyakwigendera.
Uyu mubyeyi w’imyaka 39 bivugwa ko yaje gupfa nyuma y’uko atewe izo nshinge.
Ibyo byatumye hafatwa uwo muvuzi gakondo, uwo muforomo, n’umumotari wabajyanye aho hantu bavuriraga nyakwigendera.
Umuvugizi w’igipolisi cya Leta ya Ogun, Odutola Omolola, yatangaje ko iperereza ryimbitse ryatangiye kugira ngo hamenyekanye amakuru y’ibyabaye.
Yagize ati: “Ishami ryacu ryiherereye mu gace ka Ifo ryataye muri yombi abantu batatu bakekwaho icyaha nyuma yo gutangazwa umwe mu bagore wapfuye. Nyakwigendera yajyanywe mu bitaro bikuru byo muri ako gace byemeje ko yapfuye. Abantu batatu batawe muri yombi bakekwaho icyo cyaha.”
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…