Umugore w’imyaka 39, Afusat Ololade, yapfiriye mu gace ka Ita Baale muri Ifo, muri Leta ya Ogun, mu gihugu cya Nigeria nyuma yo guterwa inshinge.
Kuwa Kabiri tariki 18 Kamena 2024, ahagana Saa Kumi z’umugoroba nibwo ibi byabaye gusa ngo ubuyobozi bwa Polisi y’Igihugu bukaba bwarahise butangira gukora iperereza ku byabaye.
Uyu mugore wapfuye amakuru avuga ko yari arembye ariko kandi yivuriza mu rugo rw’umuturage uzwi ku amzina ya Alabede Libagi, wiyitaga umuvuzi gakondo.
Uyu muvuzi gakondo Libagi bivugwa ko nyuma y’uko abonye uwo yavuraga atagishoboye kumuvura yahisemo kwitabaza umuforomokazi warusanzwe witwa Oyin Israel akaba ariwe wamuhaye inshinge zabaye intandaro yo kwica nyakwigendera.
Uyu mubyeyi w’imyaka 39 bivugwa ko yaje gupfa nyuma y’uko atewe izo nshinge.
Ibyo byatumye hafatwa uwo muvuzi gakondo, uwo muforomo, n’umumotari wabajyanye aho hantu bavuriraga nyakwigendera.
Umuvugizi w’igipolisi cya Leta ya Ogun, Odutola Omolola, yatangaje ko iperereza ryimbitse ryatangiye kugira ngo hamenyekanye amakuru y’ibyabaye.
Yagize ati: “Ishami ryacu ryiherereye mu gace ka Ifo ryataye muri yombi abantu batatu bakekwaho icyaha nyuma yo gutangazwa umwe mu bagore wapfuye. Nyakwigendera yajyanywe mu bitaro bikuru byo muri ako gace byemeje ko yapfuye. Abantu batatu batawe muri yombi bakekwaho icyo cyaha.”
Mason Greenwood yagizwe umukinnyi w'umwaka mu ikipe ya Getafe ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya mbere…
M23 imaze iminsi yigaruriye Umujyi wa Kanyabayonga ibintu byakozwe ngo mugihe gito, aho benshi bakomeje…
Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda FDA ryavuze rihagaritse burundu umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg…
Ikipe Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha, myugariro Omborenga Fitina uherutse gutandukana na APR FC.…
Paul Kagame akaba na Chairman w'Umuryango FPR Inkotanyi, yijeje abaturage b'i Karongi ko umuhanda Muhanga-Karongi…
Edrisah Kenzo Musuuza wamamaye mu muziki nka Eddy Kenzo yasabye anakwa umukunzi we, umunyamabanga wa…