INKURU ZIDASANZWE

Umukobwa uherutse gupfira mu muvundo w’abaje kwamamaza Paul Kagame yashyinguwe mu cyubahiro

Ahishakiye Mutoni uherutse gupfira mu muvundo waho Paul Kagame yari yagiye kwiyamamariza yashyinguye mu cyubahiro n’abarimo Senateri Dr Sindikubwabo Jean Nepomuscene na Senateri Mureshyankwano n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu.

Advertisements

Ni umuhango wo kumushyingura wabereye ku irimbi rya Rugerero mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba akaba ari naho umukundida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’igihugu yari yagiye kwiyamamariza.

Uwo muhango wo kumushyingura kandi witabiriwe n’intumwa z’ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango wa RPF INKOTANYI ku rwego rw’Igihugu, intumwa z’Intara y’Iburengerazuba, Inzego z’Umutekano n’abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu karere ka Rubavu, aho abanyamuryango b’aho avuka bahamije ubutwari bwe n’umurava byamuranze.

Senateri Dr Sindikubwabo ati “uyu mwana ugiye yari umunyamuryango wa FPR Inkotanyi, yumvise amahame y’Umuryango wacu abonamo icyizere cy’ubuzima buzaza, ariko siko byakomeje kuko ubwo twashimangiraga Ubumwe, Demokarasi n’Amajyambere, nibwo yasoje urugendo rwe, umuryango nimukomere.”

Bamwe mu bayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gushyingura Ayishakiye Mutoni

Yasabye umuryango gukomera no kwihangana, abizeza ko Umuryango wa FPR Inkotanyi uzakomeza kubaba hafi. Ahishakiye Mutoni apfuye afite imyaka 18, azize impanuka yaturutse ku muvundo wabaye kuri site ya Gisa barimo gutaha, nyuma y’igikorwa cyo kwamamaza cy’Umuryango wa FPR Inkotanyi.

Abo mu muryango wa Mutoni bavuga ko Mutoni yavutse tariki 7 Ukwakira 2005, yashoboye kwiga amashuri abanza agenze mu mashuri yisumbuye mu mwaka wa kabiri ahagarika kwiga.

Uretse Mutoni, hari undi warimo avurirwa mu bitaro bya Kanombe nawe wakomerekeye muri uriya muvundo wapfuye.

Ahishakiye Mutoni yaguye mu muvundo w’abaturage bari bagiye kwakira Paul Kagame, umukandida wa FPR-Inkotanyi ubwo yari yaje kwiyamamaza mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rugerero tariki 23 Kamena 2024.

Yashyiguwe mu cyubahiro kuri uyu Kabiri, tariki 25 Kamena 2024.

Gusa uretse abo bakobwa baguye muri uwo muvundo hari n’abandi bantu bagera kuri 37 bakomerekeyemo bidakabije bahise bahabwa ubuvuzi bw’ibanze nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago