INKURU ZIDASANZWE

General Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe yakatiwe burundu

General Alain Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Burundi, yatsinzwe mu rubanza bujurire,akatirwa gufungwa ubuzima bwose.

Urukiko rukuru rw’ubujurire rwemeje igihano uyu wahoze ari Minisitiri w’intebe w’Uburundi yari yahawe bwa mbere cyo gufungwa ubuzima bwose.

Urubanza rwari rumaze ukwezi mu mwiherero.

Mu mwaka ushize wa 2023, yahamwe n’ibyaha birindwi birimo kugerageza kwica umukuru w’igihugu, guhirika inzego zatowe n’abaturage, guhungabanya ubukungu bw’igihugu, kurya ruswa no kwigwizaho inyungu akoresheje ububasha bwe.

Ihazabu y’ayarenga Fbu 22.713.000.000

Urukiko rwongeyeho ko ategetswe gutanga ihazabu rya miliyari zirenga 22 na miliyoni 713 mu mafaranga y’Uburundi.

Kandi ibintu atunze ariko atashyize ku rutonde rw’ibyo yerekanye mu rukiko mu 2021 byose bizahita bifatirwa.

Urukiko rwavuze ko imyanzuro ihita ishyirwa ishirwa mu ngiro.

Hemejwe kandi igihano cyo gufungwa imyaka 15 ku bandi batatu bari kumwe ari bo: Desire Uwamahoro wari umuyobozi mu gipolisi, Samuel Destin Bapfumukeko wakoraga mu iperereza hamwe na Come Niyonsaba wari umwubatsi w’amazu ya Bunyoni.

Bunyoni n’abo bari kumwe 6 muri urwo rubanza mu ntangiriro, bose baburanye bahakana ibyaha baregwa bavuga ko nta byemezo umushinjacyaha yerekanye bigaragaza uko bakoze ibyo byaha.

Umwe wenyine, Didace Igiraneza, umwe mu bashoferi ba Bunyoni, ni we wenyine wagizwe umwere.

Abandi babiri bakatiwe gufungwa imyaka itatu buri umwe.

Abo ni Melchiade Uwimana wari umukuru w’agace ka Mubone na Isaac Banigwaninzigo wari umushoferi wa Bunyoni.Bo ntabwo bajuriye.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

21 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago