INKURU ZIDASANZWE

Perezida Kagame yihanganishije imiryango y’abaguye mu mpanuka bagiye mu bikorwa byo kumwamamaza i Huye

Perezida Kagame wamenye amakuru y’impanuka yaguyemo abantu babiri ubwo bajyaga mu bikorwa byo kumwamamaza mu Karere ka Huye yihanganishije imiryango y’ababuriye ababo muri iyo mpanuka asaba ko hakorwa ibishoboka byose kugira ngo hirindwe impanuka muri ibi bihe byo kwiyamamaza.

Advertisements

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kamena 2024, mu karere ka Huye habereye impanuka y’imodoka yagonze bamwe mu bari bagiye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame.

Ubwo yasozaga ijambo, Perezida Kagame yihanganishije imiryango yabuze abayo, anihanganisha abakomeretse.

Abarenga ibihumbi 300 bakiriye umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame mu Karere ka Huye

Ati “Nigeze kumva ko hari impanuka yabaye ubwo bazaga hano bamwe bagatakaza ubuzima abandi bagakomereka, nagira ngo mbabwire ko nifatanyije namwe, hanyuma abavandimwe babo, imiryango yabo, abakomeretse turi kumwe nabo. Harakorwa igishoboka cyose abakomeretse kugira ngo bavurwe, ariko ndanababwira ko muri ibi byose turimo mugerageze. Ntawe ubuza impanuka kuba ariko hari ukuntu abantu bakora bikabigabanya. Tugerageze ibishoboka. Dukore ibishoboka turebe ko ibi byishimo, akazi kadutegereje imbere kagiye gukorwa twabinyuramo neza tugabanyije izo mpanuka.

Mu minsi ya mbere nabwo hari ukuntu abantu bihuse baragwirirana havamo abandi nka babiri bapfuye, n’umuntu umwe ntagapfe binyuze muri ubwo buryo. Tugerageze uko dushoboye ariko twifatanye n’abo bagize ibyago.”

Ibi byago bije bikurikira abantu babiri baherutse kwitaba Imana bazize umuvundo ubwo bari bagiye mu bikorwa n’ubundi byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, aho umwe yahise yitaba Imana undi agwa ku bitaro nyuma yo kwitaba n’abaganga ariko bikananirana.

Paul Kagame, umukandida wa FPR Inkotanyi yageze i Huye aho yakiriwe n’ibihumbi bisaga 300 by’abatuye ako karere n’utundi turere bahana imbibi.

Uyu ni umunsi wa gatanu w’ibikorwa by’umuryango wa FPR Inkotanyi byo kwiyamamaza ku bahatanye mu matora ya Perezida n’ay’abadepite.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago