MU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yahembye ababurijemo igikorwa cyo guhirika ubutegetsi bwe

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , Antoine Felix Tshisekedi yahaye abofisiye bakuru babiri imidali y’inyenyeri za ‘bronze’, abashimira ko bagize uruhare rukomeye mu kuburizamo igikorwa cyo guhirika ubutegetsi cyageragejwe tariki ya 19 Gicurasi 2024.

Advertisements

Itangazo ryatambutse kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 26 Kamena 2024 rivuga ko abagenewe imidali ari Colonel Muteteke Jim na Lieutenant Colonel Tshaka Kalambayi Dédé.

Iteka rya Perezida Tshisekedi ryasobanuye ko Col Muteteke na Lt Col Tshaka bagize ubutwari ubwo abitwaje intwaro bari bayobowe na Christian Malanga bateraga ingoro y’Umukuru w’Igihugu, bagaragaza urukundo bafitiye RDC.

Igitero cy’aba barwanyi barengaga 50 cyagabwe no mu rugo rwa Vital Kamerhe wahoze ari Minisitiri ushinzwe ubukungu, bahicira bamwe mu bapolisi barurindaga. Kamerhe ubu asigaye ari Perezida w’umutwe w’abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC.

Umuvugizi w’ingabo za RDC, Gen Maj Sylvain Ekenge, yatangaje ko Malanga yishwe, abandi barenga 50 batawe muri yombi. Abafashwe bose bafungiwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo ndetse ni na ho bari kuburanishirizwa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago