MU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yahembye ababurijemo igikorwa cyo guhirika ubutegetsi bwe

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , Antoine Felix Tshisekedi yahaye abofisiye bakuru babiri imidali y’inyenyeri za ‘bronze’, abashimira ko bagize uruhare rukomeye mu kuburizamo igikorwa cyo guhirika ubutegetsi cyageragejwe tariki ya 19 Gicurasi 2024.

Itangazo ryatambutse kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 26 Kamena 2024 rivuga ko abagenewe imidali ari Colonel Muteteke Jim na Lieutenant Colonel Tshaka Kalambayi Dédé.

Iteka rya Perezida Tshisekedi ryasobanuye ko Col Muteteke na Lt Col Tshaka bagize ubutwari ubwo abitwaje intwaro bari bayobowe na Christian Malanga bateraga ingoro y’Umukuru w’Igihugu, bagaragaza urukundo bafitiye RDC.

Igitero cy’aba barwanyi barengaga 50 cyagabwe no mu rugo rwa Vital Kamerhe wahoze ari Minisitiri ushinzwe ubukungu, bahicira bamwe mu bapolisi barurindaga. Kamerhe ubu asigaye ari Perezida w’umutwe w’abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC.

Umuvugizi w’ingabo za RDC, Gen Maj Sylvain Ekenge, yatangaje ko Malanga yishwe, abandi barenga 50 batawe muri yombi. Abafashwe bose bafungiwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo ndetse ni na ho bari kuburanishirizwa.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago