IMIKINO

APR Fc na Rayon Sports zigiye kongera gucakirana muri Sitade Amahoro

Ikipe ya APR FC na Rayon Sports zigiye kongera guhurira mu mukino wa gicuti kuri Stade Amahoro yamaze kuvugururwa.

Advertisements

Uyu mukino wagombaga guhuza APR FC na Police FC ariko amakipe yombi yaje kubyumvikanaho birangira hagaruwe Rayon Sports.

Uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Nyakanga 2024, ku isaha ya Saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Ikipe ya APR FC imaze iminsi ikora imyitozo mu gihe Rayon Sports idafite umutoza yari butangire imyitozo mu Cyumweru gitaha.

Mu mukino wari wabanje wo gusogongera Stade Amahoro wari wahuje aya makipe yombi, banganyije 0-0.

Icyakora Rayon Sports niyo yari yabonye amahirwe menshi muri uwo mukino gusa iyatera inyoni.

Kuri iyi nshuro, Rayon Sports ifite akazi kenshi kuko nta myitozo iratangira gukora mu gihe APR FC iyimazemo iminsi kandi yaguze abakinnyi benshi bakomeye.

APR FC kandi yagaruye abakinnyi yari ifite mu ikipe y’igihugu n’abanyamahanga baragaruka cyane ko batakinnye uwo mukino.

Rayon Sports yari kuzatangira imyitozo ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago