IMIKINO

APR Fc na Rayon Sports zigiye kongera gucakirana muri Sitade Amahoro

Ikipe ya APR FC na Rayon Sports zigiye kongera guhurira mu mukino wa gicuti kuri Stade Amahoro yamaze kuvugururwa.

Uyu mukino wagombaga guhuza APR FC na Police FC ariko amakipe yombi yaje kubyumvikanaho birangira hagaruwe Rayon Sports.

Uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Nyakanga 2024, ku isaha ya Saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Ikipe ya APR FC imaze iminsi ikora imyitozo mu gihe Rayon Sports idafite umutoza yari butangire imyitozo mu Cyumweru gitaha.

Mu mukino wari wabanje wo gusogongera Stade Amahoro wari wahuje aya makipe yombi, banganyije 0-0.

Icyakora Rayon Sports niyo yari yabonye amahirwe menshi muri uwo mukino gusa iyatera inyoni.

Kuri iyi nshuro, Rayon Sports ifite akazi kenshi kuko nta myitozo iratangira gukora mu gihe APR FC iyimazemo iminsi kandi yaguze abakinnyi benshi bakomeye.

APR FC kandi yagaruye abakinnyi yari ifite mu ikipe y’igihugu n’abanyamahanga baragaruka cyane ko batakinnye uwo mukino.

Rayon Sports yari kuzatangira imyitozo ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago