Ikipe ya Rayon Sports bimaze kumenyekana ko yamaze kwibikaho rutahizamu utyaye ukomoka mu gihugu cy’u Burundi witwa Rukundo Abdoul Rahman.
Mu gihe ikipe ya Rayon Sports ikomeje urugendo rwo kwiyubaka, biravugwa ko Rukundo Abdoul Rahman wanyuze mu ikipe y’Amagaju yasesekaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.
Yakiriwe n’Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya Rayon Sports Namenye Patrick.
Ni mugihe ubusanzwe uyu rutahizamu yarategerejwe kuhagera mbere yaho ariko hakaza kubaho impinduka.
Uyu rutahizamu wabashije gutsinda ibitego 12 agatanga n’imipira icyenda yavuyemo ibitego muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Rwanda bivugwa ko yatanzweho miliyoni 20 y’u Rwanda.
Rukundo Abdoul Rahman yasinye igihe kingana n’imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports.
Gikundiro ikomeje kuganira n’abandi bakinnyi benshi barimo na Omborenga Fitina kugira ngo ikomeze kwiyubaka mu buryo burambye.
Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…
Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…
Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…
Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo Rwigara cyasomwe mu…
Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…
Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…