IMIKINO

APR Fc yatumiwe na Simba Sc iri mu makipe yubashywe muri Tanzania

Ikipe ya Simba Sports Club iri mu zubashywe kubera ibigwi byayo muri Tanzania yamaze kwemeza ko tariki ya 3 Kanama 2024 ari bwo izahura na APR FC mu mukino wa gicuti, hizihizwa ‘Simba Day’.

Uyu munsi ubusanzwe wabaga tariki ya 8 Kanama buri mwaka ariko ubu wigijwe imbere kubera ko aya matariki yahuriranye n’umukino wa ’Community Shield’ muri Tanzania, uzayihuza na mukeba Young Africans muri iri rushanwa rihuza amakipe yaje mu myanya ine ya mbere muri Shampiyona iheruka.

Gutumirwa kwa APR FC muri Simba Day, byatangajwe bwa mbere na Chairman wayo Col Richard Karasira wavuze ko iyi kipe yabatumiye muri Tanzania mu gihe mukeba wayo Yanga we yifuje ko yahurira n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu mu Rwanda.

APR FC izabanza kwitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup izabera muri Tanzania hagati ya tariki 10 na 28 Nyakanga. Iyi kandi ikaba ifite umukino wa gicuti uri buyihuze na Police FC kuri uyu wa mbere hafungurwa Stade Amahoro.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu mu kwitegura umwaka mushya imaze gusinyisha abakinnyi batatu b’abanyamahanga yakuye muri Afurika y’Uburengerazuba mu gihe yanongeyemo abagera kuri bane bakinaga imbere mu gihugu cyu Rwanda.

Christian

Recent Posts

Greenwood watewe umugongo na Manchester United yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka muri Getafe

Mason Greenwood yagizwe umukinnyi w'umwaka mu ikipe ya Getafe ibarizwa muri shampiyona y'icyiciro cya mbere…

10 hours ago

Perezida Tshisekedi yatangiye kubazwa uko imijyi ikomeje gufatwa na M23 ubutitsa

M23 imaze iminsi yigaruriye Umujyi wa Kanyabayonga ibintu byakozwe ngo mugihe gito, aho benshi bakomeje…

13 hours ago

Rwanda FDA yahagaritse ku isoko ry’u Rwanda umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda FDA ryavuze rihagaritse burundu umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg…

14 hours ago

“Si njye uzabona ngeze imbere ya biriya bihumbi by’abafana” Omborenga Fitina nyuma yo gusinyira Rayon Sports

Ikipe Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha, myugariro Omborenga Fitina uherutse gutandukana na APR FC.…

1 day ago

Paul Kagame yijeje abaturage b’i Karongi ko umuhanda ubahuza na Muhanga ugiye gukorwa vuba

Paul Kagame akaba na Chairman w'Umuryango FPR Inkotanyi, yijeje abaturage b'i Karongi ko umuhanda Muhanga-Karongi…

1 day ago

Mu Mafoto: Umuhanzi Eddy Kenzo yasabye anakwa Minisitiri Phiona Nyamutooro

Edrisah Kenzo Musuuza wamamaye mu muziki nka Eddy Kenzo yasabye anakwa umukunzi we, umunyamabanga wa…

2 days ago