IMIKINO

Greenwood watewe umugongo na Manchester United yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka muri Getafe

Mason Greenwood yagizwe umukinnyi w’umwaka mu ikipe ya Getafe ibarizwa muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Espagne nyuma yo gukinira ku nguzanyo mu mwaka w’imikino w’2023-2024.

Greenwood w’imyaka 22, yinjiye muri Getafe mu nguzanyo yamaze igihe kinini atewe umugongo n’ikipe ya Manchester United mu mpeshyi y’umwaka ushize. Ni nyuma yo kugirana amasezerano n’ikipe y’amashitani atukura nyuma yo gufatwa muri Mutarama 2022 akekwaho ibyaha byinshi birimo gushaka gufata ku ngufu no guhohotera uwo bakundanaga.

Ubushinjacyaha bwaje guhagarika ibirego byashinjwaga Greenwood muri Gashyantare 2023 nyuma y’abatangabuhamya batanze amakuru y’ibanze kubyaha yashinjwaga.

Uyu mukinnyi yahisemo guhita yerekeza ubuzima bwe muri Espagne abasha kwemera gukinira ikipe ya Getafe ibarizwa mu cyiciro cya mbere, kuva mu kwezi ku Ukuboza kugeza muri Mata uyu mwaka.

Nyuma yo gusoza shampiyona atsinze ibitego 8 abasha gutanga imipira ivamo ibitego 6 mu mikino 33 gusa yakinnye byahise bituma atorwa nk’umukinnyi w’umwaka wa Getafe.

Kuri iki Cyumweru nibwo ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe ya Getafe nibwo hagaragaye ifoto y’umukinnyi afite igihembo cy’umukinnyi w’umwaka gusa amakuru ahari avuga ko Getafe idafite ingengo y’imari yo kongera amasezerano mashya kuburyo itakomeza kumugumana.

Greenwood asigaje umwaka umwe mu masezerano n’ikipe ya Manchester United ku buryo ashobora kuyerekezamo kugeza mu mwaka 2025, kugira ngo azayivemo ari umukinnyi wigenga.

Amakipe menshi y’i Burayi akomeje kurwanira Greenwood, aho Juventus iherutse gushaka kumutangaho miliyoni 40 z’amapound kugira ngo imwegukane mu ntangiriro z’ukwezi.

Greenwood yahembwe nk’umukinnyi w’umwaka muri Getafe

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yatandukanye na Lawrence Webo

Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.…

5 hours ago

Umunyarwanda yapfiriye mu gihugu cya Oman

Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana. Inkuru y’urupfu…

6 hours ago

APR Fc yatomboye amakipe y’ibigugu mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup

Ikipe ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, ariyo APR FC yisanze mu…

10 hours ago

Perezida Biden yavuze impamvu yitwaye nabi mu kiganiro mpaka na Donald Trump

Perezida w’Amerika Joe Biden yegetse kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka mu cyumweru gishize ku…

14 hours ago

Kigali: Inzu izwi nka ‘Makuza Peace Plaza’ yahiye

Inzu izwi nka Makuza Peace Plaza mu karere ka Nyarugenge yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo…

15 hours ago

“Akaga u Rwanda rwagize n’ukugira abayobozi b’abapumbafu”-Perezida Kagame yiyamamaza i Kirehe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu…

1 day ago