MU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yatangiye kubazwa uko imijyi ikomeje gufatwa na M23 ubutitsa

M23 imaze iminsi yigaruriye Umujyi wa Kanyabayonga ibintu byakozwe ngo mugihe gito, aho benshi bakomeje kwibaza icyo guverinoma iyobowe na Tshisekedi idakoraho kandi ukabona ahubwo abaturage bo muri ako gace bishimiye uwo mutwe w’inyeshyamba.

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri wa gatandatu, tariki ya 29 Kamena, nibwo umuvugizi wa Lamuka, Prince Epenge, yagaragaje ashimangira ko ari ngombwa kumenya ibyakozwe mu burasirazuba bwa DRC kugira ngo leta ihagarike inyeshyamba za M23 zikomeje kwigararurira imijyi itandukanye muri ako karere.

Ati: “Ihuriro rya Lamuka rirasaba ibisobanuro, Bwana Felix Tshisekedi atubwire ari gukora iki mu burasirazuba n’ibiteganyijwe kugira ngo iki kibazo nticyongere kwisubiramo.”

Yashimangiye ko abaturage bo muri Kivu y’amajyaruguru bakeneye umutekano no kurindwa kugira ngo bashobore guhinga imirima yabo no kwibeshaho. Yongeyeho ati: “Bashobora kujya mu murima, ariko icyo bashaka ni icyemezo cy’uko batazicwa na ADF na FDLR”.

Iki cyifuzo cyaje nyuma y’amasaha make Kanyabayonga na Kayina hafashwe n’inyeshyamba za M23. Iyi mijyi yombi yo muri Lubero yatawe n’abaturage bayo, bahungira ahantu hizewe.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago