RWANDA

Rwanda FDA yahagaritse ku isoko ry’u Rwanda umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda FDA ryavuze rihagaritse burundu umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg ahantu hose uherereye kubera gukemangwa ku buziranenge bwawo.

Ivuga ko hashingiwe kuri raporo zitandukanye zakiriwe na Rwanda FDA zakemangaga ubuziranenge bw’umuti witwa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg (“comprimé effervescent”) ufite nimero A4042 wakozwe mu kwa 04/2022 uzarangira mu kwa 3/2025 n’uruganda rwitwa UPSA SAS rwo mu Bufaransa uwo muti uhagaritswe.

Rwanda FDA ivuga ko yakoze ubusesenguzi igasanga nimero y’umuti wavuzwe warahinduye ibara; aho kuba umweru, ibara ry’ iyi nimero y’umuti ryahindutse ikigina, binyuranye n’ibipimo by’ubuziranenge ugomba uba wujuje.

Rwanda FDA ivuga ko nimero y’uwo muti wavuzwe, abawuranguye bawiriye kuwusubiza aho bayiranguye.

Ni mugihe abasanzwe bafite uwo muti bakwiriye gushyikiriza Rwanda FDA mu gihe cy’iminsi icumi y’akazi (10) uhereye ku itariki y’iri hagarikwa, raporo igizwe n’imibare y’ingano y’uwo muti baranguye, iyo bagurishije, iyagaruwe ndetse n’ingano yose bazaba bafite igomba kwangizwa (iyagaruwe + itaracurujwe).

Aha kandi basabye abantu baguze uwo muti guhita babihagarika kuwukoresha.

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yatandukanye na Lawrence Webo

Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.…

5 hours ago

Umunyarwanda yapfiriye mu gihugu cya Oman

Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana. Inkuru y’urupfu…

6 hours ago

APR Fc yatomboye amakipe y’ibigugu mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup

Ikipe ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, ariyo APR FC yisanze mu…

10 hours ago

Perezida Biden yavuze impamvu yitwaye nabi mu kiganiro mpaka na Donald Trump

Perezida w’Amerika Joe Biden yegetse kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka mu cyumweru gishize ku…

14 hours ago

Kigali: Inzu izwi nka ‘Makuza Peace Plaza’ yahiye

Inzu izwi nka Makuza Peace Plaza mu karere ka Nyarugenge yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo…

15 hours ago

“Akaga u Rwanda rwagize n’ukugira abayobozi b’abapumbafu”-Perezida Kagame yiyamamaza i Kirehe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu…

1 day ago