RWANDA

Rwanda FDA yahagaritse ku isoko ry’u Rwanda umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda FDA ryavuze rihagaritse burundu umuti wa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg ahantu hose uherereye kubera gukemangwa ku buziranenge bwawo.

Ivuga ko hashingiwe kuri raporo zitandukanye zakiriwe na Rwanda FDA zakemangaga ubuziranenge bw’umuti witwa EFFERALGAN VITAMINE C 500mg/200mg (“comprimé effervescent”) ufite nimero A4042 wakozwe mu kwa 04/2022 uzarangira mu kwa 3/2025 n’uruganda rwitwa UPSA SAS rwo mu Bufaransa uwo muti uhagaritswe.

Rwanda FDA ivuga ko yakoze ubusesenguzi igasanga nimero y’umuti wavuzwe warahinduye ibara; aho kuba umweru, ibara ry’ iyi nimero y’umuti ryahindutse ikigina, binyuranye n’ibipimo by’ubuziranenge ugomba uba wujuje.

Rwanda FDA ivuga ko nimero y’uwo muti wavuzwe, abawuranguye bawiriye kuwusubiza aho bayiranguye.

Ni mugihe abasanzwe bafite uwo muti bakwiriye gushyikiriza Rwanda FDA mu gihe cy’iminsi icumi y’akazi (10) uhereye ku itariki y’iri hagarikwa, raporo igizwe n’imibare y’ingano y’uwo muti baranguye, iyo bagurishije, iyagaruwe ndetse n’ingano yose bazaba bafite igomba kwangizwa (iyagaruwe + itaracurujwe).

Aha kandi basabye abantu baguze uwo muti guhita babihagarika kuwukoresha.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

19 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

19 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago