KWIYAMAMAZA

“Akaga u Rwanda rwagize n’ukugira abayobozi b’abapumbafu”-Perezida Kagame yiyamamaza i Kirehe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu Karere ka Kirehe aho yongeye kubwira abanyamuryango n’abaturage batandukanye bari baje kumva imigabo n’imigambi ye ko ibyago u Rwanda rwagize ari ukubera abayobozi ba bapumbafu (abantu batekerezaga).

Advertisements

Mu butumwa yegejeje ku banyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu turere twa Ngoma na Kirehe; umukandida Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwagize akaga ko kuyoborwa n’abayobozi b’abapumbafu (b’ibicucu). Akizeza abaturage ba Ngoma na Kirehe ko FPR Inkotanyi ndetse n’ubuyobozi bwayo batazigera baba abapumbafu.

Imvugo y’abapumbafu yakoreshejwe n’uwari uteganijwe kuvuga ibigwi bya Perezida Kagame asobanura ko abaturage ba Kirehe na Ngoma ariko babanje kwitwa ku gihe cy’ubutegetsi bwabanjirije ubwa FPR Inkotanyi. Perezida Kagame yagize ati “Ibyago u Rwanda rwagize ni uko rwagize abayobozi b’abapumbafu. U Rwanda rwagize ibyago, tugira abayobozi, tugira politiki byose by’ubupumbafu. Ubu turubaka u Rwanda turuvana muri ayo mateka y’ubupumbafu. Turi kumwe.”

Perezida Kagame akizeza abanyakirehe ko ibyo byarangiranye n’igihe cyabyo ndetse ko bidashobora kongera kugaruka kuko FPR Inkotanyi iyoboye igihugu ubu idashobora gusa nk’abayibanjirije.

Perezida Kagame yavuze ko igihugu cyagize akaga ko kugira abayobozi babi ndetse na Politiki mbi, byatumye igihugu kidindira mu iterambere.

Kuri ubu Perezida Kagame yagaragaje ko yizeye ahazaza h’u Rwanda kuko hafite urubyiruko rutari amapumbafu. 

Yagize ati “U Rwanda ntacyo ruzababurana kuko namwe mutari amapumbafu”

Pummbafu cyangwa se Pumbavu ni ijambo ry’igiswahili risobanura igicucu cyangwa se ikigoryi mu kinyarwanda.

Perezida Kagame yasabye kandi abaturage ba Kirehe baturanye n’umupaka wa Tanzaniya gushyira imbaraga mu kwiga ururimi rw’igiswahili kuko barukeneye ngo babashe guhahirana n’abo mu mahanga. Bahereye ku baturanyi bo mu gihugu cya Tanzaniya.

Perezida Kagame yijeje abanyakirehe ko umutekano wabo urinzwe ndetse ko ikibazo cy’umutekano cyakemutse ku kigero yashyira nko kuri 90%. Abasaba gukora cyane ngo bagire uruhare mu kwiteza imbere banateze imbere igihugu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago