Ikipe ya APR FC yazanye umukinnyi ukomoka muri Brazil witwa Juan Baptista Lopes da Silva ukina afasha ba rutahizamu kubona ibitego byinshi mu mwaka w’imikino 2024-2025.
Uyu mukinnyi ukomoka muri Amerika y’Amajyepfo aguzwe n’ikipe ya APR Fc kugira ngo azayifashe kuyigeza ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mukinnyi w’imyaka 22 wamaze kugera mu Rwanda, yagaragaye muri Stade Amahoro ubwo yafungurwaga ku mugaragaro areba umukino APR FC yatsinzemo Police FC igitego 1-0, ikegukana igikombe cyo gutaha iyi stade.
Ikipe y’Ingabo z’igihugu ntabwo ishaka kongera kwitwara nabi ku mugabane w’Africa, ariyo mpamvu iri kugura abakinnyi benshi b’abanyamahanga.
Uyu akina hagati asatira izamu, akaba yakinaga mu cyiciro cya 4 muri Brazil ku myaka ye itagera kuri 23.
Kuri uyu mukino, yari yicaye iruhande rwa Daud Yussif nawe APR FC yaguze imukuye muri Ghana.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…