Ikipe ya APR FC yazanye umukinnyi ukomoka muri Brazil witwa Juan Baptista Lopes da Silva ukina afasha ba rutahizamu kubona ibitego byinshi mu mwaka w’imikino 2024-2025.
Uyu mukinnyi ukomoka muri Amerika y’Amajyepfo aguzwe n’ikipe ya APR Fc kugira ngo azayifashe kuyigeza ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mukinnyi w’imyaka 22 wamaze kugera mu Rwanda, yagaragaye muri Stade Amahoro ubwo yafungurwaga ku mugaragaro areba umukino APR FC yatsinzemo Police FC igitego 1-0, ikegukana igikombe cyo gutaha iyi stade.
Ikipe y’Ingabo z’igihugu ntabwo ishaka kongera kwitwara nabi ku mugabane w’Africa, ariyo mpamvu iri kugura abakinnyi benshi b’abanyamahanga.
Uyu akina hagati asatira izamu, akaba yakinaga mu cyiciro cya 4 muri Brazil ku myaka ye itagera kuri 23.
Kuri uyu mukino, yari yicaye iruhande rwa Daud Yussif nawe APR FC yaguze imukuye muri Ghana.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…