RWANDA

Rayon Sports yatandukanye na Lawrence Webo

Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.

Advertisements

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Nyakanga 2024, ni bwo uyu mutoza w’abanyezamu wakiniye Rayon Sports mu 2006-2009, yanditse ubutumwa busezera ku Ba-Rayons, abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram.

Yanditse ko yishimira ibihe byiza yagiriye muri Gikundiro hamwe n’abafana bayo. Ati “Byari ibihe bihindagurika ariko bishimishije kwita Rayon Sports mu rugo hanjye ha kabiri. Nishimira cyane ibihe byiza twagiranye, abafana buzuye amarangamutima yo gushaka intsinzi…”

Yasoje yifuriza Rayon Sports amahirwe masa mu bihe biri imbere. Ati “Ni igihe cyo gutangira ubuzima ahandi kandi mbifurije ishya n’ihirwe mu mwaka w’imikino ugiye kuza. Muzibuke ko nzahora ndi Gikundiro, IKIPE IMWE, INZOZI ZIMWE”.

Webo Lawrence yageze muri Murera muri Mutarama uyu mwaka, asimbuye Umugande, Samuel Mujabu Kawalya wari umaze gutandukana na Rayon Sports nyuma y’igisa no gusuzugura ubuyobozi, ubwo yahabwaga uruhushya rwo kujya iwabo muri Uganda akarenza igihe yari yahawe.

Si Rayon Sports gusa umutoza Lawrence yatoje kuko yanakoze aka kazi muri AFC Leopards n’ikipe y’Igihugu ya Kenya ‘Harambe Stars’.

Aje yiyongera kuri Julien Mette wari umutoza mukuru wamaze gutandukana n’ikipe mu minsi ishize nyuma yo gusoza amasezerano y’amezi atandatu yari yasinye.

Agiye mu gihe Rayon Sports yitegura gutangira imyitozo yitegura umwaka utaha w’imikino, izatangira ku wa Gatanu, tariki ya 5 Nyakanga 2024, saa Cyenda mu Nzove, aho basanzwe bakorera imyitozo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago