Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana.
Inkuru y’urupfu rwa Umwizasate Hagira w’imyaka 32, yamenyakanye ku wa Kabiri tariki ya 2 Nyakanga 2024 mu masaha y’umugoroba.
Amakuru avuga ko Umwizasate yakoraga akazi ko mu rugo mu Mujyi wa Muscat mu gihugu cya Oman.
Ku wa Kabiri tariki ya 2 Nyakanga, ubwo yari atumwe guhaha mu iguriro rito (Alimentation), yagonzwe n’imodoka ubwo yari ashatse kwambuka umuhanda.
Nyuma yo kugongwa, yahise yihutanwa kwa muganga mu bitaro byitwa ‘Ibra Hospital’ ari na ho ubuzima bwe bwararangiriye.
Uyu Muslamukazi yari umwe mu bitangaga cyane mu bikorwa by’Idini ya Islam mu Rwanda.
Abo mu muryango we bavuga ko afite kuzashyingurwa mu Rwanda ariko hakiri gushakwa ibyangombwa mu nzego zibishinzwe.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…