RWANDA

Kwibohora30: Perezida Kagame yasabye urubyiruko kurinda igihugu cyababyaye

Perezida Kagame yasabye urubyiruko rwiganjemo abavutse nyuma y’urugamba rwo Kwibohora, gukorera igihugu kuko arirwo gitezeho amakiriro ndetse yibutsa ko indangagaciro abanyarwanda bafite ubu,ntawe ushobora kuzibambura.

Advertisements

Kuri uyu munsi wo Kwibohora, hakozwe akarasisi k’Ingabo na Polisi z’Igihugu. Ni akarasisi kakozwe mu kinyarwanda, gakorwa n’amasibo 12 arimo 9 yo mu Ngabo z’u Rwanda n’amasibo 3 y’abo muri Polisi y’Igihugu (RNP).

Muri uwo muhango wari wahuje abaturage basaga ibihumbi 45 muri Sitade Amahoro by’umwihariko urubyiruko, Perezida Kagame yavuze ko Agaciro kari mu banyarwanda nta n’umwe wakabambura ndetse ko urugamba rwo Kwibohora rwatangiye neza intambara imaze kurangira.

Ati “Agaciro Abanyarwanda bafite, kari muri twe. Nta muntu n’umwe, nta na kimwe gishobora kukatwambura. Intsinzi y’urugamba rwo kubohora igihugu, yari ukubaka igihugu aho buri umwe muri twe agira agaciro kandi umuturage agahora ku isonga mu bikorwa bya Guverinoma. Nubwo Abanyarwanda bateye intambwe ifatika kuri iyo ntego, tugomba guhora turi maso.”

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi cyangwa mbere yaho gato ko rufite amahirwe yo kubaho ubuzima rwifuza ariko arusabwa kubakira kuri politiki iteza imbere Igihugu.

Ati “Iki gihugu nimwe mugomba kukirinda, mukakirwanirira,bityo kigakomeza gutera imbere.Byari ngombwa kubisubiramo,Kwibohora nyako gutangira iyo urusaku rw’imbunda rugabanutse cyangwa rutagihari.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzi agaciro k’amahoro ndetse ibihugu bizarwitabaza ngo rubitabare rutazabura.

Ati “Muri kamere yacu, umutekano w’igihugu cyacu, ushingiye ku kurinda aho kuba gutera. Tugira icyo dukora iyo gusa ibyago bitwegereye, dushyira imbere ibikorwa bigamije gukorera hamwe.

U Rwanda ruharanira amahoro ku bwacu no ku bandi mu karere. Tuzi agaciro k’amahoro nk’uko abandi babizi, ndetse rimwe na rimwe dushobora kuba tukazi kurusha abandi. Ahakenewe ibikorwa by’ubutabazi, u Rwanda ntiruzahabura.”

Perezida Kagame yashimangiye ko “U Rwanda ruzahora rutekanye uko byagenda kose”.

Ati “Igihugu cyacu kiratekanye kandi kizakomeza gutekana uko byagenda kose. Umwihariko w’u Rwanda ugira agaciro umunsi ku wundi, twarenze imiziro iyo ariyo yose n’indi myumvire n’ishusho umunyarwanda yari azwiho.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago