MU MAHANGA

Manchester United yongereye amasezerano mashya umutoza Erik Ten Hag

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza yongereye amasezerano mashya umutoza mukuru w’ikipe y’abagabo Erik Ten Hag azamugeza mu mpeshyi y’umwaka 2026.

Advertisements

Ikipe ya Manchester united yatangaje aya makuru ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Amakuru ajyanye no gusinyishwa amasezerano mashya uyu mutoza byatangiye kuvugwa ubwo uyu mutoza waruri ku gitutu, atsinze ikipe ya Manchester City ku mukino wa nyuma wa FA Cup ikegukana igikombe.

Erik Ten Hag yatsinze Manchester City yegukana igikombe cya FA Cup

Nyuma yaho byatangiye kuvugwa ko ikipe ya Manchester United yahise yumva ko itarekura uyu mutoza dore ko yaramaze no kuyihesha itike yo kuzakina imikino ya Europa League umwaka utaha.

Ikipe ya Manchester United yongereye amasezerano umutoza Ten Hag mugihe, amakuru yatangajwe mu mpera z’ukwezi gushize yavugaga ko uyu mutoza ashobora kuzafatikanya n’umunyabigwi w’Umudage wakiniye Manchester United Ruud Van Nistelrooy kugira ngo ikipe izakomeze yitware neza.

Nyuma y’uko amaze kongera amasezerano umutoza Erik Ten Hag ati “Nishimiye ko nongereye amasezerano n’iyi kipe kugira ngo dukomeze gukorana. Iyo dusubije amaso inyuma mu myaka ibiri ishize, dushobora gutekereza ku ishema ku bikombe bibiri ndetse n’ingero nyinshi z’iterambere aho twavuye igihe ninjiraga.

“Icyakora, tugomba nanone kwibagirwa kuko hakiri akazi gakomeye imbere kugira ngo tugere ku rwego rwa Manchester United yifuza, bivuze ko bitoroshye ku gikombe cy’Ubwongereza n’icy’Uburayi.”

Erik Ten Hag avuga ko yaganiriye n’ubuyobozi bwa Manchester United avuga ko bumvikanye gukorera hamwe kugira ngo bazagere ku ntego bifuza, kandi bizera ko bizakunda”.

Dani Ashworth umuyobozi ushinzwe siporo muri Manchester United avuga ko impamvu bongereye amasezerano mashya umutoza Erik Ten Hag ari ukubera uburyo yabahesheje ibikombe bibiri mugihe amaze mu ikipe ikintu babona ko ashobora kuba afite intego yo gukomeza gutsinda i Burayi kandi yaba abakinnyi n’Ubuyobozi muri rusange bamaze kumubonamo ubwo bushobozi.

Erik Ten Hag w’imyaka 52 ukomoka mu gihugu cy’u Budage yinjiye muri Manchester United mu mwaka 2022, kuri ubu akaba yasinye amasezerano mashya azamugeza mu kwezi kwa Kamena 2026.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago