IMIKINO

Rayon Sports y’Abagore yibitseho umunyezamu wa mbere mu Rwanda

Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore yaguze Umunyezamu wa AS Kigali WFC, Ndakimana Angeline, usanzwe abanza mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’.

Advertisements

Uyu mukinnyi w’imyaka 23 yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Gikundiro kuri uyu wa Kane, tariki 4 Nyakanga 2024,aho yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.

Ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X,Rayon Sports y’abagore yagize iti:”Rayon Sports yasinyishije umunyezamu wa mbere w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi wari muri AS Kigali, Angélique NDAKIMANA (23).

Yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.

We na bagenzi baratangira imyitozo kuri uyu wa Gatanu tariki 5/7 Saa 10h00.”

Ndakimana yiyongereye ku bandi bakinnyi iyi kipe iheruka kongerera amasezerano y’imyaka ibiri aribo Uwase Andersène na Mukantaganira Josélyne bakina mu bwugarizi.

Uyu mukinnyi w’Ikipe y’Igihugu azatangirana imyitozo na bagenzi be ku wa Gatanu, tariki 5 Nyakanga 2024 saa Yine mu Nzove.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago