Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore yaguze Umunyezamu wa AS Kigali WFC, Ndakimana Angeline, usanzwe abanza mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’.
Uyu mukinnyi w’imyaka 23 yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Gikundiro kuri uyu wa Kane, tariki 4 Nyakanga 2024,aho yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.
Ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X,Rayon Sports y’abagore yagize iti:”Rayon Sports yasinyishije umunyezamu wa mbere w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi wari muri AS Kigali, Angélique NDAKIMANA (23).
Yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.
We na bagenzi baratangira imyitozo kuri uyu wa Gatanu tariki 5/7 Saa 10h00.”
Ndakimana yiyongereye ku bandi bakinnyi iyi kipe iheruka kongerera amasezerano y’imyaka ibiri aribo Uwase Andersène na Mukantaganira Josélyne bakina mu bwugarizi.
Uyu mukinnyi w’Ikipe y’Igihugu azatangirana imyitozo na bagenzi be ku wa Gatanu, tariki 5 Nyakanga 2024 saa Yine mu Nzove.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…