INKURU ZIDASANZWE

RDC: Abasirikare baherutse guhunga M23 ku rugamba bakatiwe urwo gupfa

Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye urwo gupfa abasirikare 25 bo mu ngabo z’iki gihugu (FARDC), nyuma yo kubahamya ibyaha birimo icyo guhunga M23 ubwo bari ku rugamba.

Advertisements

Urwo rubanza rwabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 3 Nyakanga 2024, rubera mu Rukiko rwa Gisirikare rwa Butembo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Rwaregwagamo abantu 31, barimo abasirikare 27 ndetse n’abagore bane ba bamwe muri bo.

Aba basirikare bashinjwaga ibyaha birimo “guhunga umwanzi”, guta intwaro z’intambara, kurenga ku mategeko ndetse n’ubujura, nk’uko Jules Muvweko, umunyamategeko wunganiraga umwe muri bo yabibwiye AFP.

Muvweko yakomeje avuga ko nyuma y’urubanza mu mizi, “abasirikare 25 barimo babiri bafite ipeti rya Captain, bakatiwe urwo gupfa.”

Uyu munyamategeko wavuze ko bagiye guhita bajuririra icyo cyemezo, yanavuze kko abagore bane baregwaga muri uru rubanza bo bagizwe abere nyuma yuko habuze ibimenyetso bibashinja.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, M23 yafashe uduce tumwe na tumwe harimo na Kanyabayonga, ifatwa nk’icyambu kigeza mu duce dukomeye tw’ubucuruzi twa Butembo na Beni.

Hagati aho Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare mu majyaruguru ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant Mbuyi Reagan, yashimye icyemezo cy’urukiko rwakatiye urwo gupfa bariya basirikare; agaragaza ko kigiye gutuma abandi basirikare bifuzaga kuva mu birindiro byabo birinda guhunga batabanje guhabwa amabwiriza n’ababakuriye.

Muri Werurwe uyu mwaka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasubijeho igihano cy’urupfu cyari kimaze imyaka 20 kidashyirwa mu bikorwa, mu rwego rwo guhangana n’abasirikare bagambanira igihugu ndetse n’abandi bantu bahungabanya umutekano wa RDC.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago