Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yisanze mu itsinda rya Kane D mu matsinda yo gushaka itike y’igikombe cy’Afrika 2025 hamwe na Nigeria, Libya na Benin.
Tombola yabaye kuri uyu wa Kane yasize ‘Amavubi’ yongeye kwisanga hamwe na Nigeria na Benin bari kumwe nanone mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2026.
Amakipe y’ibihugu 48 yagabanyijwemu matsinda 12 agizwe n’amakipe ane, abiri ya mbere azahita abona itike yo kujya muri iri rushanwa rizaba rikinwa ku nshuro ya 35 rikazabera muri Maroc mu Ukuboza 2025.
U Rwanda rwari mu gakangara ka kane ari na ko ka nyuma kabarizwagamo ibihugu bine byaciye mu majonjora y’ibanze ari byo Tchad, Eswatini, Liberia na Sudani y’Epfo.
Ibindi bihugu biri muri ako gakangara ni Centrafrique, Niger, Gambia, u Burundi, Éthiopia, Botswana na Lesotho.
Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko nta yandi mafaranga buzishyura u Rwanda, nyuma yo gusesa amasezerano…
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za…
Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…
Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…
Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…