Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo gihugu ategerejwe mu Rwanda kuri ngo asinyire ikipe ya Rayon Sports nyuma y’uko bumvikanye.
Uyu musore w’imyaka 27 waje mu ikipe y’umwaka muri Shampiyona ya Sénégal iheruka, ari bushyire umukono ku masezerano y’imyaka ibiri nkuko amakuru dukesha IGIHE abitangaza.
Uyu musore wari ugifite amasezerano muri iyi kipe akaba yarahise atangira ibiganiro na Rayon Sports ari na ko iyi kipe y’i Nyanza iganira na As Pikine.
Aha, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 4 Nyakanga ni bwo amakipe yombi yaje kwemeranya ko Rayon Sports yishyura ibihumbi 25$ igahabwa uyu myugariro waje mu Ikipe y’Umwaka muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Sénégal kumwe na Aliou Souané waje muri APR FC.
Mu kwezi kwa 6 nibwo iyi kipe ye yari yamaze kumwongerera amasezerano y’imyaka 2, bivuze ko Rayon Sports yaguze amasezerano muri iyi kipe.
Oumar Gningue unakinira Ikipe y’Igihugu ya Sénégal y’abakina imbere mu gihugu, akaba yafashe indege kuri uyu wa Gatanu aho ategerejwe i Kigali ku mugoroba, agahita ashyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri.
Uyu myugariro wo hagati akaba asanze abandi bakinnyi iyi kipe yaguze nka Fitina Omborenga warekuwe na APR FC, Richard Ndayishimiye wavuye muri Sunrise, Niyonzima Olivier Seif wakinaga muri Kiyovu Sports, Rukundo Abdul Rahman wavuye mu Ikipe y’Amagaju ndetse n’abandi.
Iyi kipe iri butangire imyitozo kuri uyu wa Gatanu, izatangaza Umutoza Mukuru n’Uwungirije kuri uyu wa kabiri w’icyumweru gitaha, aho imyitozo ibanza iri bube ikoreshwa n’umutoza Rwaka Claude.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…