RWANDA

Ikipe ya APR Fc yerekeje mu mikino ya CECAFA Kagame Cup ifite abakinnyi bashya-AMAFOTO

Ikipe ya APR Fc ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup yerekeje mu gihugu cya Tanzania aho iyi mikino iteganyijwe kubera.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nyakanga, nibwo ikipe ya APR Fc yavuye i Shyorongi aho yarimaze iminsi ikorera umwiherero yerekeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Mu bakinnyi ikipe y’Ingabo yahagurukanye barimo n’abakinnyi iherutse kugura bashya barimo n’abanyamahanga. Ni irushanwa riteganyijwe gutangira hagati ya tariki 9 na 21 Nyakanga 2024 i Dar es Salaam kuri sitade ya Azam Complex iri ahitwa Chamazi ndetse na sitade ya KMC iri Kinondoni.

Ikipe ya APR Fc yahagurukanye abakinnyi bose iherutse kugura barimo n’abanyamahanga, barimo umunya-Brazil Juan Baptista Lopes da Silva ushobora kudakina, Mamadou Sy, umunya-Mauritania, umunya-Ghana Richmond Lamptey, na mugenzi we Seidu Dauda Yassif hakiyongeraho myugariro Aliou Suane ukomoka muri Senegal bose bashobora kuzagaragara mu irushanwa.

Ikipe ya APR Fc imaze gutwara ibikombe inshuro ya 22 irifuza kuba ubukombe ku rwego mpuzamahanga ikaba ariyo mpamvu yabengutse n’abanyamahanga.

Uko amatsinda yateguwe:

Itsinda A irimo Coastal Union FC (Tanzania), Al Wadi (Sudan), JKU FC (Zanzibar)na Dekadeha FC (Somalia).

Itsinda B ririmo Al Hilal (Sudan), Gor Mahia (Kenya), Red Arrows FC (Zambia) na Telecom FC (Djibouti).

Itsinda C irimo SC Villa (Uganda), APR FC (Rwanda), Singida Blacks Stars FC (Tanzania) na El Merriekh FC – Bintiu (South Sudan).

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

16 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

18 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

18 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago