Ikipe ya APR Fc ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup yerekeje mu gihugu cya Tanzania aho iyi mikino iteganyijwe kubera.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nyakanga, nibwo ikipe ya APR Fc yavuye i Shyorongi aho yarimaze iminsi ikorera umwiherero yerekeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.
Mu bakinnyi ikipe y’Ingabo yahagurukanye barimo n’abakinnyi iherutse kugura bashya barimo n’abanyamahanga. Ni irushanwa riteganyijwe gutangira hagati ya tariki 9 na 21 Nyakanga 2024 i Dar es Salaam kuri sitade ya Azam Complex iri ahitwa Chamazi ndetse na sitade ya KMC iri Kinondoni.
Ikipe ya APR Fc yahagurukanye abakinnyi bose iherutse kugura barimo n’abanyamahanga, barimo umunya-Brazil Juan Baptista Lopes da Silva ushobora kudakina, Mamadou Sy, umunya-Mauritania, umunya-Ghana Richmond Lamptey, na mugenzi we Seidu Dauda Yassif hakiyongeraho myugariro Aliou Suane ukomoka muri Senegal bose bashobora kuzagaragara mu irushanwa.
Ikipe ya APR Fc imaze gutwara ibikombe inshuro ya 22 irifuza kuba ubukombe ku rwego mpuzamahanga ikaba ariyo mpamvu yabengutse n’abanyamahanga.
Uko amatsinda yateguwe:
Itsinda A irimo Coastal Union FC (Tanzania), Al Wadi (Sudan), JKU FC (Zanzibar)na Dekadeha FC (Somalia).
Itsinda B ririmo Al Hilal (Sudan), Gor Mahia (Kenya), Red Arrows FC (Zambia) na Telecom FC (Djibouti).
Itsinda C irimo SC Villa (Uganda), APR FC (Rwanda), Singida Blacks Stars FC (Tanzania) na El Merriekh FC – Bintiu (South Sudan).
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…