INKURU ZIDASANZWE

Ngororero: Inkuba yakubise abantu 5 bahita bapfa

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nyakanga, mu Karere ka Ngororero yapfuye abantu bagera kuri batanu bakubiswe n’inkuba.

Advertisements

Ibi byago byabaye nyuma y’uko muri ako karere haguye imvura nyinshi idasanzwe yaje kugwamo abo bantu bazize inkuba.

Umuyobozi w’Akarere Nkusi Christophe yemereye itangazamakuru ko ayo makuru ari impamo ko abantu batanu bakubiswe n’inkuba bagapfa baturukaga mu Mirenge itandukanye y’aka Karere.

Aho Mu Murenge wa Muhanda hapfuye abantu Babiri, mu Murenge wa Sovu hapfuye umwe, mu Murenge wa Kabaya n’aho hapfuye undi umwe ni mu gihe mu Murenge wa Nyange hapfuye undi umwe.

Insanganya y’imvura yaguye guhera ku gicamunsi kugeza mu ijoro kuburyo n’abayiguyemo bamenyekanye mu ijoro nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Akarere.

Meya w’Akarere asaba abaturage kwitwararika muri ibi bihe by’imvura iri kugwa mu buryo butunguranye, yongeraho ko ugize amakuru amenya mu buryo bwihuse yajya ayatangaza hakiri kare.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago