Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nyakanga, mu Karere ka Ngororero yapfuye abantu bagera kuri batanu bakubiswe n’inkuba.
Ibi byago byabaye nyuma y’uko muri ako karere haguye imvura nyinshi idasanzwe yaje kugwamo abo bantu bazize inkuba.
Umuyobozi w’Akarere Nkusi Christophe yemereye itangazamakuru ko ayo makuru ari impamo ko abantu batanu bakubiswe n’inkuba bagapfa baturukaga mu Mirenge itandukanye y’aka Karere.
Aho Mu Murenge wa Muhanda hapfuye abantu Babiri, mu Murenge wa Sovu hapfuye umwe, mu Murenge wa Kabaya n’aho hapfuye undi umwe ni mu gihe mu Murenge wa Nyange hapfuye undi umwe.
Insanganya y’imvura yaguye guhera ku gicamunsi kugeza mu ijoro kuburyo n’abayiguyemo bamenyekanye mu ijoro nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Akarere.
Meya w’Akarere asaba abaturage kwitwararika muri ibi bihe by’imvura iri kugwa mu buryo butunguranye, yongeraho ko ugize amakuru amenya mu buryo bwihuse yajya ayatangaza hakiri kare.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…